Aya mafoto Rufonsina yayasangije abamukurikira mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y’amavuko, ari nako atangaza ko atwite umwana wa kabiri n’umugabo we Bugingo Janvier. Ubutumwa bwamuherekeje bwari bugaragaza ibyishimo n’ishema byo kongera kwibaruka.
Imyambaro yari yambaye ni yo yakururiye benshi ibitekerezo n’impaka. Iyo myambaro isa cyane n’iyo Rihanna yaserukanye muri Met Gala, aho nawe yari atwite umwana wa gatatu. Abatari bake bibajije niba Rufonsina yaba yaragerageje gusubiramo isura ya Rihanna, cyangwa se niba ari igitekerezo cye bwite cyo kwerekana ubuhanzi bwe mu buryo bugezweho.
Byagaragaye ko imyambaro ya Rihanna yateguwe n’umunyamideli w’icyamamare Marc Jacobs, ikaba yaratwaye amasaha arenga 250 ikorwa, nk’uko byatangajwe n’ibinyamakuru birimo Page Six. Agaciro kayo kihagaze hagati ya miliyoni 5 na 10 Frw.
Ku ruhande rwa Rufonsina, imyambaro ye yakozwe n’umunyamideli w’umunyarwanda Young C Designer, umaze kwamamara mu Rwanda mu kwambika ibyamamare byo mu ruganda rw’imyidagaduro.
Nubwo bamwe bashidikanya ku gaciro k’iyo myambaro ya Rufonsina ugereranyije n’iya Rihanna, hari n’abavuga ko icyo yakoze ari ubuhanzi bwihariye bwo kwizihiza ubuzima bwe n’ibihe bye byiza, binagaragaza uburyo umuco wo kwiyubaha no kwishimira intambwe z’ubuzima ugenda usakara no mu myambaro.
Rufonsina yagaragaye yambaye nka Rihanna
Imyambaro ya Rihanna buvugwa ko ifite agaciro nka miliyoni hagati ya 5 na 10Rwf

