Ruben Amorim yatangaje ko Garnacho, Antony, Sancho na Malacia bashobora kuguma muri Manchester United

Ruben Amorim yatangaje ko Garnacho, Antony, Sancho na Malacia bashobora kuguma muri Manchester United

 Jul 25, 2025 - 23:17

Umutoza wa Manchester United Ruben Amorim yatangaje ko Alejandro Garnacho, Antony, Jadon Sancho ndetse na Tyrell Malacia bazagaruka mu ikipe igihe icyari cyo cyose batabona amakipe abagura Kandi ku giciro kiboneye.

Ni mu gihe bano bakinnyi bose bifuza gusohoka muri iyi kipe mu buryo bwa burundu cyangwa bw'intizanyo bagakurikira  Marcus Rashford werekeje muri Barcelona ku ntizanyo byazaba ngombwa ikamugura burundu.

Amorim yagize ati “Hari abakinnyi bashaka kubona umwanya n’abandi bashaka guhanganira umwanya wo gukina. Bose turi kubaha umwanya wo gutekereza, ariko nibitagenda neza, bazagaruka kuko ni abakinnyi bacu."

Yongeyeho ko Manchester United ifite ibiciro yashyizeho ku bakinnyi  bose bashaka kugenda  ku buryo nibidakunda bagomba kugaruka mu ikipe.

Garnacho, Antony, Sancho na Malacia bose ntabwo bari gukora imyitozo hamwe n'abandi ndetse ntibajyanye n'ikipe mu kwitegura umwaka utaha w'imikino (Pre-season) muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Tyrell Malacia yari yaratijwe mu ikipe ya PSV Eindhoven akaba amasezerano ye azarangirana n'umwaka wa 2026. Antony Matheus dos Santos we yari yaratijwe mu ikipe ya Real Betis amasezerano akaba azangira 2027.

 Alejandro Garnacho we yifuza kuguma muri Premier League gusa Manchester United irashaka kumugurisha burundu aho we amasezerano ye azangira 2028.

Ku rundi ruhande, Jadon Sancho amaze igihe yarashwanye na Manchester United aho yatijwe muri Borussia Dortmund na Chelsea ariko habura ikipe nimwe imugura burundu, kugeza ubu uyu musore uzasoza amasezerano ye mu 2026 nta kipe nimwe iragaragaza ko imwifuza.

Marcus Rashford we yamaze gusohoka mu ikipe ya Manchester United yerekeza muri Barcelona 

Garnacho, Antony, Sancho ndetse na Malacia biteganyijwe ko bazasohoka muri Manchester United