Rayon Sports yahanwe na FIFA

Rayon Sports yahanwe na FIFA

 Sep 25, 2023 - 22:25

Ikipe ya Rayon Sports yahanwe n'ishyirahamwe ry'umupira w'amaguru ku isi FIFA, nyuma yo kuregwa n'uwari umuzamu wayo Ramadhan Kabwili.

Mu ntanguro z'umwaka w'imikino 2022/2023 nibwo ikipe ya Rayon Sports yasinyishije umuzamu w'umunya-Tanzania Ramadhan Kabwili wari uvuye mu ikipe ya Yanga Africans, akaba yari umwe mu bari bitezweho gufasha iyi kipe.

Gusa mu minsi ya mbere nta kizere aba-Rayon bigeze bagirira uyu musore bitewe n'uko yitwaraga mu kibuga, byaje no gutuma uyu musire atandukana na Rayon Sports nyuma y'amezi atanu yonyine ageze muri iyi kipe.

Nyuma yo gutandukana n'iyi kipe itazirwa Murera, Kabwili yagejeje ikirego muri FIFA ko iyi kipe yamwirukanye ku buryo bunyuranyije n'amategeko ndetse aratsinda.

Ikipe ya Rayon Sports yamaze gutangarizwa na FIFA ko ubu itemerewe kwandikisha abakinnyi bashya, mu gihe itarabasha kwishyura Kabwili asaga miliyoni 4 Frw yagombaga guhabwa mu mishahara ndetse hakajyaho n'amande.

Kabwili yatsinze Rayon Sports

Ibaruwa imenyesha ko Rayon Sports yahanwe