Perezida wa Koreya y'Epfo ari gusabirwa iminsi 20 muri gereza

Perezida wa Koreya y'Epfo ari gusabirwa iminsi 20 muri gereza

 Jan 17, 2025 - 16:11

Urwego rushinzwe kurwanya ruswa muri Koreya y’Epfo rwatangaje ko rugiye gusaba urukiko rwa Seoul kongera ifungwa rya Perezida Yoon Suk Yeol uherutse gutabwa muri yombi ashinjwa ruswa, mu gihe akomeje kwanga gukorana neza n’inzego zishinzwe iperereza.

Ku wa Gatatu w’iki cyumweru, ni bwo Perezida Yoon yatawe muri yombi, aba perezida wa mbere wa Koreya y’Epfo wafashwe akiri ku butegetsi.

Ibyo aregwa bifitanye isano n’icyemezo cyo gutangaza amategeko ya gisirikare mu mpera z’Ukuboza, gifatwa nk’ugushaka guhirika ubutegetsi. Kuri ubu, Perezida Yoon afungiye muri gereza nkuru ya Seoul.

Kugira ngo bakomeze gufunga Yoon igihe kirekire, abashinzwe iperereza bo mu biro bishinzwe iperereza kuri ruswa (CIO) ari na bo bayoboye iri perereza, bakeneye gusaba urukiko kwemeza icyemezo cyo gufunga mu gihe cy’iminsi 20.