Ibi uyu munya-Misiri yabitangaje mu mashusho yashyize ku mbuga nkoranyambaga ze nyuma ku ivuriro rya Al-Ahli Hospital riri mu mujyi wa Gaza ku wa Kabiri tariki 17 Ukwakira 2023, bikaba byaratangajwe ko abarenga 500 bahasize ubuzima.
Salah yumvikanye mu magambo agira ati:"Ntabwo biba byoroshye kuvuga mu bihe nk'ibi. Hakomeje kuba ubwicanyi bukomeye kandi bukabije. Uburyo byiyongereye muri ibi byumweru ntabwo byoroshye kubivuga.
"Ubuzima bwose ni ubw'Imana kandi bugomba kurindwa. Ubwicanyi bukwiye guhagarara. Imiryango iri gutandukanwa. Ikigaragara nuko ubufasha bw'ikiremwamuntu muri Gaza bukwiye kwemererwa kujyanwayo.
"Hariya abantu bari mu bihe biteye ubwoba. Amashusho yo mu Bitaro mu ijoro ryashize yari ateye ubwoba cyane. Abantu bo muri Gaza bakeneye ibiryo, amazi n'ubuvuzi byihutirwa.
"Ndahamagarira abayobozi b'isi gushyira hamwe hakirindwa gukomeza kwicwa kw'inzirakarengane. Ubumuntu bushyirwe ku isonga."
Byavuzwe ko muri iki cyumweru Mohamed Salah yahaye abantu bo muri Gaza ubufasha biciye mu muryango wo muri Misiri usanzwe ukora ibikorwa byo gufasha. Ibi yabikoze ubwo yari yagarutse iwabo muri iki cyumweru aho yagaragaye mu mikino Misiri yakinnyemo na Zambia ndetse na Algeria.
Iyi ntambara iri mu Burasirazuba bwo hagati hatangiye ku itariki 11 Ukwakira ubwo umutwe wa Hamas usanzwe ugenzura agace ka Gaza ko muri Palestine, wagabaga ibitero kuri Israel.
Minisiteri y'ubuzima ya Palestine iherutse gutangaza ko byibuze abantu ibihumbi bine bamaze gupfa kuva intambara yatangira, mu gihe abanya-Israel baguye muri iyi ntambara basaga 1,300.
Gusa kugeza ubu buri ruhande rurashinja urundi iki gitero cyagabwe ku bitaro bya Al-Ahli cyazamuye amarangamutima y'abantu benshi kubera abana n'abandi barwayi bahasize ubuzima.
Ni benshi bamaze gusiga ubuzima muri iyi ntambara ya Israel na Hamas
