Manchester United igiye kwishyura Amorim akayabo

Manchester United igiye kwishyura Amorim akayabo

 Feb 27, 2026 - 19:18

Ikipe ya Manchester United yatangaje ko izishyura uwahoze ari umutoza wayo, Ruben Amorim n’abamwungirije, akayabo k'agera kuri miliyoni 15.9 z’Amapawundi nk’indishyi nyuma yo kumwirukana.

Amorim n’abungiriza be batanu birukanwe ku wa 5 Mutarama 2026, nyuma y’amezi 14 gusa batoza iyi kipe yo mu cyiciro cya mbere mu Bwongereza . 

Icyemezo cyafashwe nyuma y’inama yari yahuje ubuyobozi by’iyikipe yari irimo umuyobozi wa siporo w’iyi kipe, Jason Wilcox, hamwe n’umuyobozi mukuru (CEO) Omar Berrada.

Amakuru agaragara mu nyandiko ziherutse gushyikirizwa isoko ry’imigabane rya New York ariryo (New York Stock Exchange) yerekana ko amafaranga yose azatangwa nk’indishyi agera kuri 15.9 z’amapawundi, bitewe n’amasezerano yari afitanye n’iyi kipe.

Bivugwa ko amafaranga yose Manchester United ishobora kuba yarakoresheje mu kumuzana no kumwirukana ashobora kugera kuri miliyoni 27 z’amapawundi .

Ibi bikomeje gushyira igitutu ku buyobozi bw’iyi kipe, mu gihe abafana bategereje impinduka zatuma igaruka ku rwego rwo hejuru mu mupira w’amaguru w’u Bwongereza.

Umwanditsi: NIYOMUKIZA Gratien