Kuri uyu wa Gatandatu byari biteganyijwe ko shampiyona y'icyiciro cya mbere mu Rwanda Primus National league ikomeza ku munsi wayo wa kenda.
APR FC yari yasuye Marines i Rubavu, Kiyovu Sports yari iyoboye urutonde nayo yari yasuye Mukura VS i Huye, naho umukino karundura ni AS Kigali yari yakiriye ikipe ya Rayon Sports i Nyamirambo.
Umukino waberaga i Nyamirambo abakunzi ba ruhago bari bategereje kureba niba Rayon Sports yatsinzwe na mukeba APR FC igasubirwa na mukeba Kiyovu Sports yakongera gutsindwa na AS Kigali yatangiye umwaka ivuga ko ishaka igikombe.
Ariko byatunguye benshi kubona ku munota wa 10' Rayon Sports yari yamaze kubona ibitego 2-0 yatsinze ku munota wa 7' n'uwa 8' bitsinzwe na Youssef Rharb na Manase Mutatu.
Gusa ikipe ya AS Kigali yagerageje kugaruka mu mukino ubwo ku munota wa 60' Captain wayo Bishira yatsinze igitego cyo kwishyura ariko iyi kipe ibura igitego cya kabiri ngo byibuze ibone inota rimwe.
Ibi byatumye Rayon Sports igera ku mwanya wa kane ku rutonde rw'agateganyo rwa shampiyona aho ifite amanota 15 irushwa inota na APR FC na AS Kigali ndetse Kiyovu ya mbere iyirusha amanota atanu.
Ku rundi ruhande i Huye umukino wari ukomeye wahuje Mukura Victory Sports yakiriye Kiyovu Sports yari iya mbere ku rutonde rw'agateganyo rwa shampiyona.
Abakunzi ba Mukura bari bahize gutsinda Kiyovu Sports ndetse ikipe yabo niyo yinjiye mu mukino neza dore ko Opoku yababoneye igitego ku munota wa 23' ariko igitego cya Kiyovu cyatsinzwe na Ngendahimana ku munota wa 74' cyatumye banganya 1-1.
Ku munota wa 87' nibwo Kiyovu Sports yabonye penalty iterwa neza na Bigirimana Abed ahesha Kiyovu Sports andi manota atatu y'ingirakamaro.
Ikipe ya Kiyovu Sports yahise ikomeza kuyobora urutonde rwa shampiyona aho ifite amanota 20 ikarusha APR FC ya kabiri na AS Kigali ya gatatu amanota ane.
APR FC yari yagiye i Rubavu ndetse ikurayo itsinzi aho yatsinze Marines ibitego 2-1. Ibitego bibiri bya Mugunga Yves byo ku munota wa 43' na 75' byatumye APR FC ibona itsinzi aho kimwe cya Marines cyatsinzwe na Ishimwe kuri penaliti yabonetse ku munota wa 78'.
APR FC yahise ifata umwanya wa kabiri ku manota 16 ikaba irushwa amanota ane na Kiyovu ya mbere ariko APR FC ikaba ifite imikino itatu y'ibirarane.
