Latin America: Lionel Messi  yaciye agahigo kataragerwaho n'undi mukinnyi

Latin America: Lionel Messi yaciye agahigo kataragerwaho n'undi mukinnyi

 Oct 11, 2021 - 06:57

Lionel Messi yabaye umukinnyi wa mbere ukomoka muri America y’epfo utsinze ibitego byinshi mu ikipe y’igihugu.

Rutahizamu wa PSG akaba n’umunya Argentina ni umwe mu bihangange byabayeho mu mupira w’amaguru doreko hari n'abadatinya kuvugako ariwe mukinnyi mwiza isi yagize. Rero muri ubwo buhangange azwiho akomeje gushimangirako ari umukinnyi mwiza ku isi.

Mu mukino Argentina yatsindagamo Uruguay ibitego 3-0 yatsinzemo igitego kimwe ariko icyo gitego yatsinzemo cyamugize umukinnyi wa mbere  ukomoka muri America y’epfo ugejeje ibitego  80 mu ikipe y’igihugu.

Nyuma yo kuba umunya Argentina watsindiye Igihugu ibitego byinshi aciye kuri Gabriel Batistuta. Messi yamaze no kuba umukinnyi watsindiye igihugu cye kurusha abandi ku mugabane w'America y’epfo. Amaze gukina imikino 155 ayitsindamo ibitego 80 akanatanga imipira ivamo ibitego 51.