Kylian Mbappe yemeye gukomorera PSG

Kylian Mbappe yemeye gukomorera PSG

 Nov 17, 2023 - 15:22

Umufaransa Kylian Mbappe yemeye guhara uduhimbazamusyi yagombwaga na Paris Saint-Germain miliyoni zisaga 80 z'amayelo.

Biravugwa ko Kylian Mbappe yaba yemeye guhara uduhimbazamusyi yagombaga guhabwa na Paris Saint-Germain ubwo azaba asoje amasezerano ye muri iyi kipe, mu mpeshyi ya 2024.

Ahazaza ha Kylian Mbappe hakomeje kuba inkuru igarukwaho cyane muri ruhago y'i Burayi mu myaka mike ishize, byiyongereye cyane ubwo uyu musore yageragezaga kujya muri Real Madrid mu 2022 ariko ntibikunde.

Ikibazo cya Mbappe cyongeye kuzamuka mu mpeshyi ishize ubwo yatangarizaga PSG ko atiteguye kongera amasezerano muri iyi kipe, mu gihe amasezerano ye azarangira mu mpeshyi ya 2024 n'ubwo harimo amahitamo yo kongeraho umwaka ariko we akavuga ko atazawongeraho.

Ibi byatumye abayobozi ba PSG bashwana n'uyu mufaransa ndetse akurwa mu ikipe, anasigwa i Paris ubwo abandi bakinnyi berekezaga muri Korea y'epf n'u Buyapani bitegura umwaka w'imikino 2023/2024.

Mbappe yongeye kugarurwa mu ikipe ya mbere nyuma yo gusiba umukino wa mbere wa Ligue1 ubwo PSG yakinaga na Lorient, ukaba ari umukino warangiye amakipe yombi anganyije.

Amakuru dukesha RMC Sport yo mu Bufaransa avuga ko Mbappe yemerewe kugaruka mu ikipe nyuma y'uko nawe yemeye guhara uduhimbazamusyi PSG yagombaga kuzamuha ubwo yari kuba asoje amasezerano ye ku musozo w'uyu mwaka w'imikino.

Ubwo Mbappe yongeraga amasezerano muri PSG mu 2022, mu masezerano hashyizwemo ko nayasoza akiri muri iyi kipe yo mu Bufaransa azahabwa miliyoni 80 z'amayelo, nk'ishimwe ry'ubudahemuka.

Ubwo bari mu biganiro, uyu musore yabwiyiwe ko inzira yamufasha kugaruka mu ikipe ari gusinya amasezerano mashya ariko nawe aba ibamba kuri iyi ngingo. Nyuma na nyuma byarangiye impande zombi zumvikanye gukuraho utu duhimbazamusyi abona kwemererwa kugaruka mu ikipe.

N'ubwo Kylian Mbappe ari kugana ku musozo w'amasezerano ye muri PSG ndetse amakuru amwerekeza muri Real Madrid akaba akomeje, aracyari uwa mbere mu bitwara neza muri iyi kipe kuko amaze gutsinda ibitego 13 mu mikino 11 ya Ligue amaze gukina.

Mbappe yemeye kureka miliyoni €80 yari guhabwa na PSG(Ifoto:Opta)