Kenya irashaka kwakira Grammy Awards

Kenya irashaka kwakira Grammy Awards

 Dec 10, 2024 - 19:46

Perezida William Ruto wa Kenya yahishuye ko Kenya yatanze ku mugaragaro icyifuzo cyo kwakira ibihembo bya Grammy kandi yamaze kwishyura Miliyoni 500 z’amashilingi ya Tanzania miliyoni 3.9 mu madorari kugira ngo igere kuri iyo ntego.

Perezida Ruto yabivugiye mu nama rusange yabereye muri Kenyatta International Convention Centre to secondKenyatta (KICC), mu rwego rwo kwizihiza imyaka ibiri ikigega Hustler Fund kimaze ku butegetsi, aho yashimangiye ko guverinoma ye yiyemeje gushimangira uruganda rw’ubuhanzi no kugira Kenya ikigo cy’imyidagaduro ku isi.

Ku ruhande rwe, Dennis Itumbi ukuriye imishinga idasanzwe ya Perezida n’ubukungu bwo guhanga, yemeje kandi ko uhagarariye Grammy Awards wari witabiriye iyi nama na we azahura na Perezida Ruto kuri iki cyumweru kugira ngo baganire kuri iki kibazo.

Icyakora Kenya ntabwo yatangaje umwaka bifuza kuzakiramo Grammy, mu gihe ibyo bihembo bitaha biteganyijwe kuzatangwa muri Gashyantare umwaka.