Nyampinga w'u Rwanda 2017 Iradukunda Elsa yaciye amarenga ko yaba yambitswe impeta y'urudashira na Prince kid bimaze igihe bivugwa ko bitegura gukora ubukwe mu minsi ya vuba.
Uyu mukobwa mu mafoto agaragaramo yambaye imyenda yambarwa n'abakundana by'umwihariko ikoreshwa mu kwezi kw'abakundana [Gashyantare] yaragaye yambaye impeta ahasanzwe hambarwa iyo bambikwa n'abakunzi.
Mu mutumwa Iradukunda Elysa yasangije abamukirikira, yagize ati "Ukwezi kw'abakundana kwiza, reka dusakaze urukundo".
Kugeza magingo aya, ntabwo biremezwa niba koko ari Prince Kid w'aba warayimwambitse cyangwa se ari kuyambarira umurimbo ariko yamaze iminsi amakuru ko Prince Kid yamaze gufata irembo kwa Miss Elysa.
Nubwo byavugwaga ko barimo bitegura ubukwe, Prince Kid we agomba gusubira imbere y'urukiko nyuma y'uko abashinjacyaha bajuririye umwanzuro w'urukiko.

Impeta igaragaza ko Elysa ashobora kuba yatambitswe n'umukunzi we bitegura kurushinga.

Miss Elysa yifurije abantu ukwezi kwiza kw'abakundana [gashyantare]
