Hashize iminsi bivugwa ko ubwo isoko ry'igura n'igurisha ry'abakinnyi rizaba rifunguwe muri Mutarama, Lionel Messi ashobora kuzatizwa mu makipe yo muri Saudi Arabia cyangwa muri FC Barcelona yakuriyemo.
Inter Miami itarabashije gukatisha itike yo kuzakina imikino ya kamarampaka(play-off), izakina umukino wayo wa nyuma muri uyu mwaka tariki 21 Ukwakira 2023 izagaruke muri shampiyona itaha izatangira muri Gashyantare.
Amakuru atangazwa n'umunyamakuru Fabrizio Romano aravuga ko ubu Messi icyo afite mu mutwe ari Inter Miami n'ikipe y'igihugu ya Argentine, aho agiye gukina imikino myinshi mu gushaka itike y'Igikombe cy'isi cya 2026.
Nyuma yo gusoza shampiyona ya Major League Soccer, Messi mu ikipe y'igihugu ya Argentine azakina na Uruguay ndetse na Brazil mu gushaka itike y'Igikombe cy'isi, ndetse Inter Miami nayo ifite gahunda yo kwerekeza mu Bushinwa gukinayo imikino ya gicuti.
Ikinyamakuru Marca cyari giherutse gutangaza ko ikigo cy'ishoramari cya Saudi Arabia kifuza ko Messi yatizwa amezi atandatu muri iki gihugu, bivuze ko yari kuzagaruka muri Inter Miami bari muri shampiyona y'umwaka utaha.
Ni mu gihe kandi ikinyamakuru Sport nacyo cyarndikira muri Espagne cyatangaje ko Inter Miami itekereza kuba yamutiza muri FC Barcelona muri Mutarama 2024.
Messi ibitekerezo biri ku ikipe y'igihugu ya Argentine
