FSG ishobora kugura Getafe amafaranga ari munsi y'ayo bazatanga kuri Alexander Isak

FSG ishobora kugura Getafe amafaranga ari munsi y'ayo bazatanga kuri Alexander Isak

 Jul 31, 2025 - 04:57

Fenway Sports Group(FSG) isanzwe ifite ikipe ya Liverpool, irashaka kugura Getafe CF yo muri Esipanye aho bashobora kuyishyura miliyoni 100 z'amayero, mu gihe Alexander Isak ari kugerekwa miliyoni 120 z'amayero.

Hashize igihe Ángel Torres nyiri kipe ya Getafe CF ashaka kugurisha iyi kipe, aho yifuzaga miliyoni £160 )angana na miliyoni 210 mu madorali), ariko kuri ubu yamaze kumanura ibiciro ageza kuri miliyoni £100 ($135m).

FSG irashaka kwagura ibikorwa igura andi makipe menshi hirya no hino ku Isi, kandi babona neza ko Getafe CF yabamo amahirwe kuruta amakipe yo mu gihugu cy'Ubufaransa ndetse no muri Brazil.

Getafe ni imwe mu makipe yamenyekanye mu guteza imbere impano z’abakinnyi bato nka Emi Buendía (Aston Villa), Álvaro Morata (Galatasaray) na Christantus Uche Umunya-Nigeria uri kwifuzwa n'amakipe menshi i Burayi ndetse n'abandi.

FSG yashinzwe mu mwaka 2001 na John W. Henry na Tom Werner, igura  Liverpool mu mwaka  2010, Boston Red Sox 2002 na Pittsburgh Penguins mu mwaka  2021. Igihe yari muri Liverpool yatwaye ibikombe bitandukanye nka Premier League, FA Cup, Champions League n'ibindi.

Fenway Sports Group (FSG) uretse Liverpool, ifite n'andi makipe atandukanye 

Alexander Isak ari kwifuzwa cyane na Liverpool mu gihe Newcastle United yifuza kumugumana