Umunsi wa 7 wa shampiyona wakomezaga kuri uyu wa gatandatu. Mu mijyi itandukanye y’igihugu cy’ubwongereza igiye irimo amakipe yagendaga amanuka mu bibuga.
Manchester yatangiye itsikira aho yanganyaga igitego 1-1 na Everton. Ni ibitego byatsinzwe na Antony Martial ku munota wa 43 kiza kwishyurwa na Andros Townsend birangira amanota bayagabanye.
Hakurikiyeho Chelsea nyuma yo gutakaza amanota mu mukino bakinaga na Man city. Bakongera gutsindwa na Juventus. Tuchel n’abasore be bahatambukanye umucyo kuko batsinze Southampton ibitego 3-1.
Ni ibitego bya Trevoh Chalobah 9 ku mupira yahawe na Ruben lofted-Cheek, cyishyurwa na Timo Werner 84 ahawe umupira na César Azpilicueta , hanyuma Chelsea ishyiramo agashinguracumi ka Ben Chilwell. Chelsea itwara amanota 3.
Arsenal kandi nayo hari hategerejwe kurebwa niba abasore ba Mikel Arteta bari bwongere kubona amanota 3 nk’uko bari bamaze iminsi babigenza. Amazi ntiyari akiri yayandi kuko bari bakiriwe na Brighton & hove albion birangira amakipe yombi agabanye amanota dore ko banganyije 0-0.
Indi mikino yabaga
Leeds United 1-0 Watford
Burnely 0-0 Norwich
Wolves 2-1 Newcastle United.
