Cristiano Ronaldo ashobora gusohoka muri Manchester United

Cristiano Ronaldo ashobora gusohoka muri Manchester United

 Nov 10, 2021 - 09:30

Cristiano Ronaldo ashobora kuva muri Manchester United mu gihe yakomeza kubona umusaruro mubi.

Cristiano Ronaldo aherutse kugaruka muri Manchester United nyuma y’imyaka 12 ayivuyemo.

Manchester United iri mu bihe bibi kuko umusaruro iyi kipe irimo kubona haba muri shampiyona y’abongereza cyangwa muri Uefa Champions League ushobora gutuma Cristiano Ronaldo afata umwanzuro wo kuyisohokamo nyuma y’igihe gito amaze agarutsemo.

Nkuko bitangazwa n’ikinyamakuru The Express  na Marca biravugako Cristiano Ronaldo ashobora gusohoka muri Manchester United mu kwezi kwa kanama mu gihe haba nta mpinduka zibaye muri iyi kipe nkuko Eden Hazard yatandukanye na Chelsea yerekeza muri Real Madrid.

Uyu rutahizamu ukomoka muri Portugal avugako intego za bagenzi be Muri Manchester United n’ubushobozi bwa baganzi be ntaho bihuriye n’ibye.

Mu kiganiro Cristiano Ronaldo aheruka kugirana na Sky Sports yatangaje ko atagarutse muri Premier League kuhasoreza umwuga we.

Mu magambo ye Cristiano Ronaldo yatangaje ati” Nje hano gutwara ibikombe haba kuri ngewe na bagenzi bange muri Manchester United muri rusange”

Ibi byose byabaye byafashe indi ntera kuko Manchester United ubu ihagaze nabi muri shampiyona y’abongereza aho iri ku mwanya wa 6 n’amanota 17 ibi Cristiano Ronaldo akaba abona nta kizere cyo gutwara iyi shampiyona agifite.

Ni mugihe Manchester United ikomeje gushyigikira umutoza wayo Ole Gunner Solskjær nubwo umusaruro ukomeje kuba mubi.