Ikipe ya Arsenal yiteguye gukuba hafi kabiri umushahara Gabriel Jesus asanzwe ahembwa muri Manchester City, ikamuzana i London muri iyi mpeshyi.
Amakuru menshi akomeje kwerekeza Gabriel Jesus muri Arsenal nyuma y'uko Manchester City isinyishije Erling Haaland wavuye muri Borussia Dortmund, ndetse iyi kipe ikaba yaranasinyishije umunya-Argentine Julian Alvarez bikagaragara ko kubona umwanya bizagorana.
Mikel Arteta arifuza cyane Gabriel Jesus nyuma y'uko iyi kipe yatakaje Pierre-Emerick Aubameyang na Alexandre Lacazette, ba rutahizamu babiri Arsenal yagenderagaho.
Gabriel Jesus arifuzwa cyane na Arsenal (Image:PA)
Mu minsi ishize The Sun yatangaje ko Arsenal yagiranye ibiganiro n'umu-agent wa Gabriel witwa Marcelo Pettinati, ariko nyuma hajemo amakipe yo muri Serie A na La liga amwifuza atuma bisubira inyuma.
Mu gihe Gabriel Jesus asanzwe ahembwa ibihumbi 110 by'amapawundi muri Manchester City, Arsenal irifuza kujya imuhemba ibihumbi 190 byose by'amapawundi.
