Carlo Ancelotti yasize umunyu mu gikomere cya Liverpool

Carlo Ancelotti yasize umunyu mu gikomere cya Liverpool

 May 30, 2022 - 09:04

Nyuma yo gutsinda Liverpool yahabwaga amahirwe ku mukino wa nyuma, umutoza Carlo Ancelotti yatangaje ko ariyo kipe yari yoroshye ugereranyije na Manchester City, Chelsea na PSG bahuye mbere.

Umutariyani Carlo Ancelotti utoza Real Madrid yatangaje ko Liverpool ariyo kipe byari byoroshye guhangana n'amayeri yayo kurenza andi makipe bakinnye mu nzira yo gutwara UEFA Champions league yabo ya 14.

Nyuma yo kuva mu matsinda Real Madrid yanyuze mu nzira yuzuye imisumari aho yabanje PSG, igakurikizaho Chelsea yari ifite igikombe giheruka, ikikuza Manchester City ikabona kugera ku mukino wa nyuma wabereye i Paris kuri Stade de France.

Ibitego 10 Karim Benzema yatsinze muri iyi mikino yo gukuranwamo nibyo byafashije cyane Real Madrid kugarika ayo makipe atatu yafatwaga nk'ibishyitsi imbere ya Real Madrid.

Benshi bavuga ko ari amahirwe Real Madrid yagiye igira imbere y'ayo makipe atatu, mbere y'uko ihura na Liverpool nayo yahabwaga amahirwe menshi imbere ya Real Madrid.

Carlo Ancelotti utoza Real Madrid we yatangaje ko gutegura umukino wa Liverpool byari byoroshye kurusha ayo makipe atatu bahuye muri ⅛, ¼ na ½ bagana ku mukino wa nyuma.

Ancelotti yagize ati:"Usubije amaso inyuma, abantu baravuga ngo PSG yagize umwaku, Chelsea yagize umwaku, Manchester City yagize umwaku. Uyu niwo mukino abantu batekereje ko twari hejuru cyangwa hasi icya rimwe.

"Ndatekereza ko byafashije kuba Liverpool yari yoroshye guhangana nayo kurenza abandi, kuko bafite umwimerere ugaragara neza ndetse twari dukwiye kwitegura nk'uko twabikoze. Twari tuzi uko tugomba kubikora - wibaha umwanya wo kwirukiramo inyuma ya ba myugariro.

"Wenda umukino wacu ntiwari mwiza ku rwego rwo hejuru. Twagize imipira mike miremire ndetse dushobora kuyobora umukino cyane cyane mu gice cya kabiri."

Ancelotti avuga ko guhangana n'amayeri ya Liverpool byari byoroshye ugereranyije n'abandi (Net-photo)

Real Madrid yaranzwe no kurushwa cyane muri uyu mukino cyane cyane mu gice cya mbere aho ikipe ya Liverpool yagerageje uburyo bwinshi ariko ikabura igitego, ahanini bitewe na Thibaut Courtois wayibereye ibamba kugeza aho ahembwa nk'umukinnyi w'umukino.

Carlo Ancelotti kandi nawe yahise akora amateka yo kuba ariwe mutoza watwaye UEFA Champions league nyinshi, dore ko afite enye akaba akurikiwe na Zinedine Zidane ndetse na Bob Paisley bose batwaye eshatu ari abatoza.