Byemejwe ko abari abakozi ba APR FC baroze abakinnyi ba Kiyovu

Byemejwe ko abari abakozi ba APR FC baroze abakinnyi ba Kiyovu

 Sep 25, 2023 - 13:46

Laboratwari y'u Rwanda y'ibimenyetso bishingiye ku bumenyi n'ubuhanga bikoreshwa mu butabera yemeje ko abari abakozi ba APR FC bafunzwe bahaye abakinnyi ba Kiyovu Sports ibinyabutabire bibaca intege.

Hashize iminsi abari abakozi b'ikipe ya APR FC batawe muri yombi aho bakurikiranyweho guha abakinnyi ba Kiyovu Sports uburozi bwo kubaca intege mbere y'umukino wari kubahuza.

Aba barimo Mupenzi Eto'o wari ushinzwe ibyo kugura abakinnyi muri APR FC, Maj Uwanyirimpuhwe jean Paul wari Team manager ndetse n'umuganga Maj Dr Nahayo Ernest, ibi bakurikiranywho babikoze mbere y'umukino w'igikombe cy'amahoro batsinzemo Kiyovu Sports ibitego 2-1.

Nyuma y'ibizamini byafashwe na Laboratwari y'u Rwanda y'ibimenyetso bishingiye ku bumenyi n'ubuhanga(RFI), byagaragajwe ko abakinnyi ba Kiyovu Sports bahawe umutobe(Jus) urimo ibinyabutabire bibaca intege ku gira ngo baze gutsindwa uwo mukino.

Mu gihe dosiye y'aba bagabo batatu ikiri mu butabera, itegeko rigena ko uwahamijwe iki cyaha ahanishwa igifungo kitari munsi y'imyaka ibiri ariko kitarenze imyaka itatu ndetse n'ihazabu y'amafaranga atari munsi y'ibihumbi 300 ariko atarenze ibihumbi 500.

Mupenzi Eto'o ari mu bakomeje gukurikiranwa