Abana b'irerero rya PSG bagiye mu gikombe cy'isi bahagurutse mu Rwanda

Abana b'irerero rya PSG bagiye mu gikombe cy'isi bahagurutse mu Rwanda

 May 20, 2022 - 01:35

Abana bari mu irerero(academy) rya PSG mu Rwanda bafashe rutemikirere aho berekeje mu gikombe cy'isi cy'amarerero ya PSG kizabera mu Bufaransa.

Aba bana, abatoza babo n'ababyeyi babaherekeje bahagurutse mu ijoro ryo kuri uyu wa kane tariki 19 Gicurasi 2022, aho abana basaga 25 bari mu byiciro bibiri. Hari ikiciro cy'abana batarengeje imyaka 11 ndetse n'abatarengeje imyaka 13 mu bahungu.

Bahagurutse aho irerero ribarizwa mu karere ka Huye ku isaha ya 11:00, bagera muri Kigali saa 15:00 pm. Ku isaha ya Saa 20:00 bafashe indege aho banyura mu Bubiligi bakazagera mu Bufaransa kuri uyu wa Gatanu.

 Biteganyijwe ko tariki 21 Gicurasi aribwo icyiciro cya mbere cy'u Rwanda kizamanuka mu kibuga, mu gihe irushanwa rizatangira tariki 20 rigasozwa tariki 25 Gicurasi.

Mu batarengeje imyaka 11 mu bahungu, u Rwanda ruri kumwe na Qatar, Korea na USA west mu itsinda C. Naho mu batarengeje imyaka 13 nabwo mu bahungu, u Rwanda ruri mu itsinda E hamwe na Qatar USA west Korea n'Ubufaransa.

Biteganyijwe ko iki gikombe cy'Isi kigiye kuba ku nshuro ya 6 kizitabirwa n'ibihugu 10, amakipe 38 ari mu byiciro 4 bigizwe n'abana basaga 400.

Academy ya PSG yerekeje mu gikombe cy'isi mu Bufaransa(Image:Inyarwanda)