Shampiyona y'u Rwanda ishobora gusubukurwa mbere y'igihe cyari giteganyijwe

Shampiyona y'u Rwanda ishobora gusubukurwa mbere y'igihe cyari giteganyijwe

 Jan 1, 2022 - 04:45

Minisitiri wa siporo Munyangaju Aurore Mimosa yatangaje ko amakipe nakora ibyo yasabwe, shampiyona ishobora gusubukurwa bitageze ku minsi 30.

Ku mugoroba wo ku wa kane nibwo hasohotse itangazo ririho amabwiriza agomba kugenga imikino mu Rwanda mu rwego rwo kwirinda Covid-19 aho shampiyona yahagaritswe igihe kigera ku minsi 30 ariko bitashimishije abakunzi ba ruhago.

Nyuma y'uko abantu batandukanye banenze uyu mwanzuro, Minisitiri wa siporo Munyangaju Aurore Mimosa yaje gutangaza ko hari ibyo basabye amakipe kandi ko mu gihe bagaragaza ingamba zo kwirinda Covid-19 mu buryo buhamye shampiyona yasubukurwa n'iyo minsi 30 itageze.

Mu kiganiro yagiranye na Televiziyo y’Igihugu kuri uyu wa Gatanu, Minisitiri wa Siporo, Munyangaju Aurore Mimosa, yavuze ko bafashe icyemezo cyo guhagarika imyitozo n’amarushanwa bitegurwa n’ingaga za siporo kuko habayeho kudohoka mu iyubahirizwa ry’ingamba zo kwirinda COVID-19 no kuba hari abakinnyi batikingije iki cyorezo mu buryo bwuzuye

Minisitiri Munyangaju Aurore Mimosa yagize ati: “Byaragaragaye ko hamwe na hamwe habayeho kudohoka bishobora gutera izindi ngaruka zitari nziza.

"Twagaraniriye n’abarimo abashinzwe umupira w’amaguru kuko ari bo mwari mwabajije, batwemerera ko bigaragara ko ayo makosa yagiye akorwa aho byagaragaye ahanini cyane ko uburyo bwo gushyiraho abantu bakurikirana uko icyorezo gihagaze, ugasanga birakorwa ahantu hamwe nko mu cyiciro cya kabiri n’abagore ntihabe hari umuntu ubishinzwe, bigaragara ko habayeho kudohoka, umwanya uwo ari wo wose iki cyorezo gishobora kugera kure.

"Twabyumvikanyeho kandi babyemeye, batwizeza ko bitazamara iyo minsi 30, ko bagiye gukora ibishoboka muri iki kiruhuko [cy’imikino y’Amavubi na Guinea] cy’icyumweru n’igice bakazaza bafashe amabwiriza mashya ndetse buri munyamuryango akagira uruhare mu kuyashyiraho no gufasha kugira uruhare mu gukumira iki cyorezo.”

Shampiyona ya Primus National League yari isanzwe igiye gusubikwa ngo habanze hakinwe imikino 2 ya gicuti hagati y'Amavubi na Gunea. Mu gihe cy'ibyumweru bibiri inzego zibishinzwe zishobora kwicara zikemeza ko shampiyona yagaruka mu gihe ibyo basabwe baba barabikoze.

Minisitiri Munyangaju Aurore Mimosa avuga ko hari ibyo basabye amakipe(Image:Umuryango)

Amakipe nagaragaza ingamba zo kwirinda Covid-19 shampiyona izasubukurwa(Image:Rwanda Magazine)