Mu bakinnyi 30 umutoza w'Amavubi Torsten Frank Spityler yari yitabaje mu mikino ibiri yo gushaka itike y'Igikombe cy'isi agomba guhuramo na Zimbabwe ndetse na Afurika y'epfo, barindwi bamaze gusezererwa.
Rugikubita ubwo iyi kipe y'Igihugu yari igiye guhaguruka i Kigali yerekeza mu karere ka Huye, Mugunga Yves ukinira Kiyovu Sports na Iradukunda Elie Tatou ukinira Mukura, ntabwo bakomezanyije n'abandi.
Kuri uyu wa Kane nyuma yo kunganya umukino wa mbere na Zimbabwe ubusa ku busa, nibwo hamenyekanye andi makuru ko abandi bakinnyi batanu bari bamanukanye n'abandi i Huye bamaze gusezererwa.
Muri aba bakinnyi batanu basezerewe harimo abakinnyi batatu ba APR FC aribo Kwitonda Allain 'Bacca', Niyigena Clement na Ishimwe Christian, bakaba bajyanye na Nzeyurwanda Djihad wa Kiyovu Sports ndetse na Mugisha Didier wa Police FC.
Gusa n'ubwo amazw kurekura aba bakinnyi barindwi, hari abandi bakinnyi biyongereyemo batari bari ku rutonde rwa 30 bahamagawe ku ikubitiro.
Aba barimo Mugisha Bonheur wa AS Marsa yo muri Tunisia waje asimbura Rafael York utaritabiriye kubera imvune, Yves Hendrickx ukinira RWD Molenbeek yo mu Bubiligi na Maxime Wenssens ukinira Union Saint-Gilloise nayo yo mu cyiciro cya mbere mu Bubiligi.
Abakinnyi batanu bamaze gusezererwa mu Mavubi
