Ni tombora yari iteganyijwe kuri uyu wa Gatatu tariki 19 Mata 2022, ku isaha ya saa 19:30 muri studio za Super sport muri Afurika y'epfo aho yari iyobowe na diregiteri wa CAF hamwe n'abakinnyi b'abanyafurika bakanyujijeho aribo Salomon Kalou(Ivory Coast) na Lucas Radebe(South Africa).
Hari hari udukangara tune, aho buri tsinda ryagombaga kubamo amakipe yavuye mu dukangara dutandukanye. Nta makipe yari mu gakangara kamwe yari yemerewe kujya mu itsinda rimwe.
Amakipe 48 muri rusange niyo yabashije kugera ku rwego rwo gukina iyi mikino yo gushaka itike y'igikombe cy'Afurika cya 2023 kizabera muri Ivory Coast.
U Rwanda rwisanze mu itsinda rya L ariryo rya nyuma aho ruri kumwe na Mozambique, Benin na Senegal yegukanye igikombe cy'Afurika giheruka kubera muri Cameroon.
Imikino yo muri aya matsinda izaangir mu kwezi kwa gatandatu, ndetse uko imikino ipanze byose bizashyirwa hanze na CAF.
Uko amatsinda yose ateye
