Amahirwe APR FC ifite mu mikino ya CAF confederation Cup

Amahirwe APR FC ifite mu mikino ya CAF confederation Cup

 Nov 27, 2021 - 18:16

Ikipe ya APR FC igomba kwesurana n'ikipe ya RS Berkane yo muri Maroc mu mikino ya CAF confederation cup.

Kuri iki Cyumweru imikino ya CAF condederation cup iraza kuba ikomeza aho amakipe akina umukino ubanza w'ijonjora rya nyuma mbere yo kujya mu matsinda y'iri rushanwa.

Mu Rwanda ku isaha ya saa 15:00 ikipe ya APR FC iraza kuba yakiriye RS Berkane yo muri Maroc kuri stade ya Kigali i Nyamirambo.

Abanyarwanda muri rusange bafitiye ikizere ikipe ya APR FC ko ishobora kwitwara neza ikaba yakuramo iyi kipe yo muri Maroc n'ubwo ifite amateka atoroshye ariko bakongeraho ko amahirwe atari menshi.

APR FC irakira na RS Berkane mu Rwanda(Net-photo)

Ikipe ya APR FC yari yasohokeye u Rwanda mu mikino ya CAF champions League aho yabashije gukuramo Mogadishu City yo muri Somalia ariko ikananirwa kurenga Etoile du Sahel ngo ijye mu matsinda ya champions League ariko ikomereza muri confederation cup.

RS Berkane itozwa n’Umunye-Congo Florent Ibengé, yageze muri iri jonjora rya gatatu nyuma yo gusezerera Ben Guerdane yo muri Tunisia ku bitego 5-0.

Ni imwe mu makipe akomeye muri Maroc no kuri uyu mugabane wa Afurika, aho yatwaye CAF Confederation Cup mu mwaka w’imikino wa 2019/20 mu gihe yatsindiwe ku mukino wa CAF Super Cup 2021 na Al Ahly ibitego 2-0.

RS Berkane yatwaye iki gikombe mu 2020(Net-photo)

Muri shampiyona ya Maroc ya Botola League ubu RS Berkane ni iya kane aho ifite amanota 19 nyuma ya Wydad AC,Raja Casablanca na Far Rabat. Umukino uheruka yatsinzwe na Wydad AC ibitego 2-0 mbere yo gukora urugendo rwo kuza mu Rwanda.

Uyu mukino uraza gusifurwa n'abasifuzi bakomoka muri Djibouti.Umusifuzi wo hagati yitwa Liban Abdoulrazack Ahmed mu gihe umusifuzi wa mbere wungirije yitwa Ahmed Djama, umusifuzi wungirije wa kabiri yitwa Rachid Waiss Bouraleh naho umusifuzi wa kane akaba yitwa Mohamed Diraneh Gued.

Ikipe ya APR FC ifite akanyamuneza ko iherutse gutsinda mukeba Rayon Sports muri shampiyona ibitego 2-1,abahungu ba Adil bakaba bashaka gukomerezaho dore ko bavuga ko intego ari kujya mu matsinda uyu mwaka.

Abakinnyi bayobowe na Manishimwe Djabel ukina mu kibuga hagati kandi umaze iminsi yitwara neza ngo intego ntayindi usibye kwerekana icyo bashoboye ku ruhando rwa Afurika bageza ikipe yabo mu matsinda.

Manishimwe Djabel ameze neza muri APR FC(Net-photo)

Umukino wo kwishyura uzaba tariki 5,Ukuboza 2021 ukaba uzabera muri Maroc tukamenya niba APR FC igiye mu matsinda nk'uko ariyo ntego.

Icyo abakunzi ba ruhago bahurizaho mu Rwanda nuko amahirwe ku ruhande rw'iyi kipe y'ingabo z'igihugu atari menshi ariko ko bishoboka ko yakuramo RS Berkane.