Mulla Mohammad Yaqob ni we wahawe minisiteri y’ingabo. Hedayatullah Badri ni minisitiri w’imari w’agateganyo. Naho Amir Khan Muttaqui wahoze ari umuhuza mu biganiro by’amahoro I Doha yagizwe minisitiri w’ububanyi n’amahanga. Guverinoma yose igizwe n’abayobozi 33 bagiye gukora inshingano. Ariko guverinoma ni iy’agateganyo kuko nyuma hazashyirwamo abandi baturutse mu bice byose by’igihugu bahabwe imyanya.
Afghanistan: Abataliban bashyizeho guverinoma y’agateganyo irimo ikihebe gishakishwa na FBI
Mohammed Hasan Akhund wagizwe minisitiri w’intebe w'agateganyo ari ku rutonde rwabafatiwe ibihano n’umuryango w’abibumbye (UN).
Uwahawe kuyobora minisiteri y’umutekano w’imbere mu gihugu Sirajuddin Haqqani afatwa nk’ikihebe. Ari ku rutonde rw’abashakishwa na FBI.
Amahanga abona ate iyo guverinoma?
TURKEY
Perezida wa Turukiya Recep Tayyip Erdogan ubwo yasuraga repebulika ya demokarasi ya Kongo yabwiye abanyamakuru ubwo yarabajijwe uko abibona avugako “Atazi igihe iyo guverinoma y’agateganyo y’abaTaliban izamara, gusa ngo bafite gutegereza uko bizagenda.
QUATAR
Umunyamabanga mukuru muri minisiteri y’ububanyi n’amahanga wa QUATAR Lolwah al-khater yabwiye umunyamakuru wa AFP ko abataliban bagaragaje umuhati wo kugira ibyo bahindura, ko igisigaye ari ukureba ibikorwa bakorera rubanda cyangwa igihugu muri rusange.
UN
Umuvugizi wa UN Farhan Haq yabwiye abanyamakuru ko umuryango w’abibumbye udashyigikiye iyo guverinoma ko yashyizweho n’abataliban itemejwe na UN
UN WOMEN
Pramila Patten umuyobozi mukukuru wa UN woman urwego rureberera abagore yavuze ko kuba guverinoma y’abataliban itarimo abagore ari ikibazo buri wese yakwibaza ku burenganzira bwabo ndetse n’uburinganire muri rusange.
Umwanditsi: Jean Pierre Nsengiyaremye
