Manchester United ikomeje kugorwa n'umwaka w'imikino 2022/2023 abahanga bavuga ko arizo ntangiro z'umwaka mbi iyi kipe igize mu myaka 61 ishize.
Iyi kipe imaze gutsindwa imikino umunani mu mikino 15 imaze gukina, imerewe nabi haba muri shampiyona na Champions League, ndetse iherutse gusezererwa na Newcastle muri Carabao Cup bituma abafana batangiye gutakariza ikizere umutoza.
Gusa si abafana ba Manchester United gusa kuko Gabby Agbonlahor wahoze ari ari rutahizamu wa Aston Villa, avuga ko hari n'abakinnyi bifuza ko uyu mutoza w'umuhorandi yakwirukanwa.
Agbonlahor yabwiye TalkSPORT ati:"Reba Manchester United ubungubu, ushobora kubona abakinnyi batanu cyangwa batandatu bashaka ko bashaka ko Ten Hag yirukanwa bakabona amahirwe ku mutoza mushya.
"Abakinnyi bazabivugaho. Ndatekereza ko agifite undi mukino umwe, yego, ndatekereza asigaje umukino umwe.
"Noneho igihe umutoza mushya azaba aje, buri wese azashyirwa mu kibuga. Abakinnyi batakoreshwaga bazashyirwa mu kibuga."
Bivugwa ko ubuyobozi bwa Manchester United bufite ibibazo bibiri kuri Erik Ten Hag. Mu gihe mu mwaka ushize w'imikino ubukana bwe bwashimwaga, kuri ubu buragaragara nk'ikibazo kubera kugirana ibibazo n'abakinnyi benshi.
Ikindi ibyemezo uyu mugabo afata mu kibuga cyane cyane ku bakinnyi ashyira mu kibuga virakemangwa.
Gusa n'ubwo iyi kipe ikomeza gutsindwa umusubirizo abenshi bibaza aho intsinzi izava, abegereye iyi kipe bavuga ko abaherwe nta gahunda yo kumwirukana bafite.
Ikipe ya Manchester United ikomeje gutsindwa bya hato na hato(Image:Reuters)
