Moses Turahirwa uyoboye inzu ikora imideri yitwa Moshions yaraye yeruye yemeza ko agiye gushyingirwa n’uwo bahuje igitsina witwa Cedric Mizero.

Ni mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe rwa Instagram (story) aho yagize ati “navuze yego ngiye kuzakorana ubukwe na Cedric “
View this post on Instagram
Cedric Mizero na we ni umunyamideri wagiye uhagararira igihugu kenshi ahazwi ni nko muri London Fashion week mu 2019. Moshions yambika abayobozi kuva kuri perezida wa repubulika Paul Kagame kugeza ku bantu basanzwe. Imyambaro ifite umwihariko w’imigongo ari yo yatumye yamamara kubera ko ateza imbere ibikorerwa mu Rwanda (Made in Rwanda).
Umwanditsi: Danny Rurema
Iyi nkuru turakomeza kuyikurikirana tumenye ukuri kwabyo
