Umwana ararira nyina ntiyumve mu mirwano ya M23 na FARDC

Umwana ararira nyina ntiyumve mu mirwano ya M23 na FARDC

 Apr 13, 2023 - 01:04

Ibifaru byongeye guhagurutswa mu mirwano hagati y'umutwe wa M23 n'ingabo za DR-Congo FARDC| Ya ndege y'intambara ya RDC u Rwanda rwapimye igisasu yavuye mu igaraje.

Nyuma y'iminsi umutwe wa M23 n'ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zitazibura iminwa y'imbunda, kuri uyu wa 12 Mata 2023, rwongeye kwambikana.

Mu gihe M23 yari imaze iminsi irekura ibice yari yarafashe, abantu bari batangiye kwizera ko intambara yaba igihe guhagarara, ariko ikizera cyongeye kuraza amasinde.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 12 Mata, nibwo umuvugizi w'umutwe wa M23 mu bya Politike Betrand Bisimwa yabyutse ashishimura inyandiko ishinja FARDC kubashotora.

Uyu muvugizi akaba yagize ati"Nyuma yo kwigabiza ibirindiro M23 yari yashyikirije ingabo za EACRF i Kibumba, muri iki gitondo, ingabo za Leta ya Kinshasa zagabye igitero ku ngabo zacu.”

Urugamba rwongeye kwambikana hagati ya M23 na FARDC 

Ku bw'ibyo, Betrand Bisimwa akaba yaboneyeho gusaba Leta ya Congo Kinshasa guhagarika ibikorwa byo kurenga ku myanzuro ya EAC yo kugarura amahoro.

Nyamara nubwo izi nyeshyamba zishinja ingabo za Leta gutangiza imirwano muri iki gice cya Kibumba ho muri Teritwari ya Nyiragongo, ariko ingabo za Leta nazo ziravuga ko M23 ariyo yatangije imirwano.

Amakuru ava mu Burasirazuba bwa Congo Kinshasa, aravuga ko ejo umunsi wose imirwano yiriwe ari ijyanamuntu kugera mu masaha y'umugoroba.

Ya ndege ya FARDC yarashwe n'u Rwanda yavuye mu igaraje

Ku wa 24 Mutarama 2023, nibwo indege y'intambara ya Sukhoi-25 y'igisirikare cya DR-Congo yavogereye ikirere cy'u Rwanda mu Karere ka Rubavu maze ipimwa igisasu.

Ubwo iyi Sukhoi-25 yaraswaga igisasu, cyikaba cyarayifashe ku ibaba ikangirika ariko bidakabije, aribyo byatumye ijya gusanirwa mu igaraje i Goma.

Ku bw'ibyo, Umugaba Mukuru wa FARDC, Lt Gen Christian Songesha Tshiwewe ubwo yasuraga abasirikare bakomerekeye mu mirwano na M23 bamumurikiye niyi ndege yamaze gukorwa.

Indege ya Sukhoi-25 ubwo yageraga ku kibuga cy'indege cya Goma ikimara kuraswa muri Mutarama 

Lt Gen Christian, ubwo yari ku kibuga cy'indege cya Goma, akaba yeretswe iyo ndege, ndetse iragutswa mu kirere, ibintu bya munejeje kuba yarasanwe ndetse igasanwa n'Abakongamani nkuko umuvugizi wa FARDC, Lt Ndjike Kaiko Guillaume yabitangaje.

Nta kabuza M23 igiye kumva ibimbombe iyi Sukhoi-25 yakozwe n'Abasoviyeti irekura nyuma y'uko amabombe yongeye gutigisa ubutaka bwa Congo hagati yuyu mutwe na FARDC.