Mu gihe imikino y'amatsinda ya UEFA Champions League iratangira uyu munsi, umufana w'ikipe ya Newcastle United yatewe ibyuma mu mujyi wa Milan aho baherekeje ikipe yabo ifitanye umukino na AC Milan uyu munsi.
Umwongereza witwa Brit Eddie McKay w'imyaka 58 waherekeje ikipe ya Newcastle United mu Butariyani, yatatswe n'abagabo bagera kuri barindwi bari bambaye imipira y'ingofero bamuteragura ibyuma.
McKay yatatswe mu ijoro ryahise ubwo yari kumwe n'abandi bagenda mu muhanda, aterwa ibyuma kabiri ku kuboko ndetse anaterwa ikindi mu mugongo, mbere y'uko police itabara aba bafana ba Newcastle United.
Uyu mufana yajyanwe kwa muganga akiri muzima
Kugeza kuri ubu ntiharamenyekana impamvu aba bagabo batatse uyu mufana dore ko nta n'ikintu yibwe, ariko police yatangaje ko yatangije iperereza ngo hamenyekane niba ari impamvu zifite aho zihuriye n'umupira w'amaguru cyangwa ibindi.
Abafana basaga 5,000 ba Newcastle United baherekeje ikipe yabo i Milan, mu gihe iyi kipe yemerewe amatike 4,300 ndetse akaba yaramaze kugurwa agashira, ariko abandi bafana b'iyi kipe yo mu Bwongereza bakomeje gusanga ikipe yabo i Milan n'ubwo nta matike yo muri stade baza kubona.
Umukino wa Newcastle United na AC Milan uteganyijwe kuri uyu wa Kabiri ku isaha ya saa 18:45 ku masaha yo mu Rwanda, ukaba ari umukino w'umunsi wa mbere mu itsinda F ririmo PSG, Borussia Dortmund n'aya makipe yombi.
Newcastle United yagarutse muri UEFA Champions League nyuma y'imyaka 20
