Rutahizamu w'Ubufaransa na Real Madrid witwa Karim Benzema yahamijwe icyaha cyo kuba yaragize uruhare mu ishyirwa hanze ry'amashusho ya Mathieu Valbuena amugaragaza akora imibonano mpuzabitsina.
Karim Benzema rutahizamu wa Real Madrid(Net-photo)
Ni urubanza rwari rumaze igihe kinini ariko uru rubanza rukaba rwasojwe uyu rutahizamu Karim Benzema akatiwe igihano aho ari igifungo cy'umwaka umwe ariko gisubitse, ndetse acibwa amafaranga angana n'ibihumbi €75(£63)
Uyu mukinnyi ukomoka mu Bufaransa yari umwe mu bantu batanu baburanishijwe i Versailles, hafi ya Paris, kubera isakazwa ry'amashusho ya Mathieu Valbuena yibwe muri telefone ye amugaragaza akora imibonano mpuzabitsina.
Mu kwezi kwa 10 mu 2015 nibwo Benzema yasanze Valbuena ku kibuga cy'imyitozo amubwira ko yamufasha kubona uwamufasha gukemura icyo kibazo cy'amashusho yarimo akwirakwira. Ibyo byahereweho Benzema ashinjwa kuba hari uruhare yaba yarabigizemo ariko Benzema akavuga ko yashakaga kumufasha gusa.
Benzema na Valbuena mu ikipe y'igihugu y'Ubufaransa(Net-photo)
Mu kwezi gushize ubushinjacyaha bwari bwasabye ko Benzema ahanishwa igifungo cy'amezi 10 gisubitse akanatanga ihazabu y'amafaranga angana n'amayelo ibihumbi 75.
Igihano cyo hejuru Benzema yashoboraga guhabwa ni igifungo cy'imyaka 5 ndetse n'ihazabu y'amafaranga angana n'amayelo ibihumbi 90 ariko sibyo yahanishijwe.
Umuyobozi wa FA y'Ubufaransa Noel Le Graet yatangaje ko ibyavuye muri uru rubanza bitazagira ingaruka ku kuba Benzema yakurwa mu ikipe y'igihugu.
Kuva iki kibazo cyatangira kuvugwa kuri Karim Benzema yari yarahagaritswe mu ikipe y'igihugu ariko mu 2020 Didier Deschamps yongeye kumuhamagara mu ikipe y'igihugu y'Ubufaransa.
