Pep Guardiola ntiyifuza kubona Erling Haaland yerekeza muri FC Barcelona 

Pep Guardiola ntiyifuza kubona Erling Haaland yerekeza muri FC Barcelona 

 Oct 6, 2025 - 16:05

Umutoza wa Manchester City, Pep Guardiola, abona ko rutahizamu we Erling Haaland atari umuntu watekereza nabi ku buryo yakwifuza gusohoka muri City akajya gukinira FC Barcelona yamaze kugaragaza ko imwifuza.

Guardiola yavuze ibi nyuma y’uko Perezida wa Barcelona, Joan Laporta, agaragaje ku mugaragaro icyifuzo cyo gushaka gusinyisha Haaland mu mpeshyi itaha.

Uyu mutoza w’Umunya-Espagne yavuze ko azi neza ko Haaland akomeye muri ruhago y’iki gihe, ndetse ko ubu ari umukinnyi w’inzozi ku makipe menshi ku isi.

Pep Guardiola yagize ati:“Nzi neza uko Haaland ateye.Ni umukinnyi w’umunyamwuga, ufite intego n’imyumvire bikomeye. Ntabwo ari umuswa wo kwifuza gusiga ikipe ifite gahunda n’umurongo nk’uyu kugira ngo ajye ahandi".

Twibuke ko Haaland aherutse kongera amasezerano azamugeza mu 2034, ibintu bigaragaza ko nta mahirwe menshi Manchester City ifite yo kumurekura.

Kuva yagera muri City mu 2022 avuye muri Borussia Dortmund, Haaland yabaye umwe mu bakinnyi bafatiye runini ikipe, aho yayifashije gutwara Champions League, Premier League ndetse na FA Cup mu mwaka wa 2023.

Guardiola yavuze ko intego yabo ari ugukomeza kubaka ikipe ikomeye izarushaho gutwara ibikombe, kandi ko Haaland ari mu mushinga muremure w’iyo ntego.

Pep Guardiola ntashaka gutakaza Erling Haaland