Pep Guardiola agiye gukomeza gukorana na Manchester City

Pep Guardiola agiye gukomeza gukorana na Manchester City

 May 22, 2026 - 15:58

Ikipe ya Manchester City yatangaje ko uwari umutoza wayo, Pep Guardiola, atazatandukana n’iyi kipe burundu nubwo yamaze gufata icyemezo cyo guhagarika kuyitoza nyuma y’igihe kirenga imyaka icumi.

Mu itangazo ryashyizwe hanze na Manchester City, ryemeje ko Guardiola agiye gukomeza umubano we na City Football Group, aho yahawe inshingano nshya zo kuba Ambasaderi Mpuzamahanga ndetse n’umujyanama mu bya tekinike ku makipe yose abarizwa muri iri tsinda harimo n’iyi Manchester City.

Uyu mutoza w’Umunya-Espagne w’imyaka 55 y'amavuko, azajya atanga inama ku mikinire, imiyoborere ndetse afashe mu mishinga itandukanye ijyanye no guteza imbere amakipe ya City Football Group akorera hirya no hino ku Isi.

Pep Guardiola azasezera ku gutoza Manchester City ku mukino wa nyuma uzabahuza na Aston Villa kuri iki Cyumweru, umukino uzaba ari uwa 593 atoje iyi kipe.

Muri iyo myaka yose amaze muri Manchester City, Guardiola yayihesheje ibikombe 20 birimo ibikombe bitandatu bya Premier League ndetse na UEFA Champions League imwe rukumbi iyi kipe ifite aho yayitwaye mu mwaka wa 2023.

Abakurikiranira hafi umupira w’amaguru bavuga ko nubwo Guardiola aretse gutoza Manchester City, gukomeza kuguma muri City Football Group bizafasha iyi kipe gukomeza kubakira ku bunararibonye bwe ndetse n’ubumenyi bwe bwahinduye byinshi muri ruhago y’iyi kipe.

Umwanditsi: NIYOMUKIZA Gratien