Mikel Arteta yafatiwe ibihano na FA

Mikel Arteta yafatiwe ibihano na FA

 Nov 17, 2023 - 03:18

Umutoza wa Arsenal Mikel Arteta yafatiwe ibihano n'ishyirahamwe rya ruhago mu Bwongereza, bitewe n'amagambo yatangaje nyuma yo gutsindwa na Newcastle United.

Tariki 04 Ugushyingo 2023 nibwo habaye umukino wa Premier League wahuje Arsenal na Newcastle United urangira Arsenal itsinzwe igitego kimwe cyatsinzwe na Antony Gordon, ariko gisiga impaka hirya no hino mu bakunzi ba ruhago.

Mbere y'uko Gordon atsinda iki gitego, benshi bemeza ko Willock umupira yawugaruye warenze, bityo kikaba cyari gikwiye kwangwa. Si abafana gusa kuko ubwo umukino wari urangiye, Mikel Arteta utoza Arsenal nawe kwihangana byamunaniye, akanenga abasifuzi mu kiganiro yagiranye n'itangazamakuru abashinja gusifura ibitari byo.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane nibwo FA yatangaje ko yageneye ibihano uyu mugabo, aho bagize bati:"Mikel Arteta yahamwe no kwica itegeko rya FA E3.1 nyuma y'amagambo yavuze mu itangazamakuru nyuma y'umukino wa Premier League wahuje Arsenal na Newcastle United ku wa Gatandatu tariki 4 Ugushyingo."

Uyu mutoza ukomoka muri Espagne yahawe bitarenze itariki 21 Ugushyingo akaba yamaze gutanga ibisobanuro kuri ibi, byafata ubusa agahabwa imikino adatoza ndetse akaba ashobora no gucibwa amande kubera aya makosa ashinjwa.

Mu gihe shampiyona yahagaze kuko abakinnyi bari mu makipe y'ibihugu, Arsenal izagaruka mu kibuga tariki 25 Ugushyingo ikina na Brentford, aha umutoza akazaba yaramaze kumenya ibihano yahawe cyangwa byarakuweho ku bw'ibisobanuro azatanga.

Arteta yagenewe ibihano bitaratangazwa ku bwo kuvuga nabi abasifuzi(Ifoto:The Sun)