Rutahizamu w’Ubufaransa Kylian Mbappé yakomeje kwerekana ko ashaka cyane gutwara igikombe cya Champions League atarabasha gutwara kugeza ubu. Mu mikino irindwi yakinnye muri iki cyiciro, yatsinze ibitego 13, agira impuzandengo y’igitego buri minota 48.46. Mu rwego rwerekana uko ahagaze ubu, benshi bamufata nk’umukinnyi mwiza ku isi muri iki gihe.
Mu Budage, imvune ikomeye ya Jamal Musiala yabaye amahirwe ku musore Lennart Karl w’imyaka 17. Uyu mukinnyi wa Bayern Munich yabyitwayemo neza atsinda ibitego bitatu anatanga n’umupira umwe wavuyemo igitego mu mikino itanu yakinnye, agaragaza ko ejo hazaza he ari heza.
Arsenal yo yanditse amateka, iba ikipe ya mbere igeze mu cyiciro gikurikiraho itsinze imikino yose ikinnye muri format nshya y’iri rushanwa. Ikipe ya Mikel Arteta yatsinze imikino umunani yose, itsinda Atlético Madrid ibitego 4-0 murugo, itsinda kandi Bayern Munich, ininjizwa ibitego bine gusa.
Mu Butaliyani, Juventus na Borussia Dortmund zatunguranye zitanga umukino w’amateka warangiye ari ibitego 4-4. Juventus yishyuye mu minota ya nyuma y’inyongera, mu mukino waranzwe n’igice cya kabiri kirimo imbaraga n’ibitego byinshi.
Ku rundi ruhande, myugariro Micky van de Ven yerekanye impano ye ubwo yatsindaga igitego cyiza cyane wenyine mu mukino wahuje ikipe ye na Copenhagen, na tottenham agaragaza ko adasanzwe mu bakinnyi bakina inyuma.
Muri Noruveje, Bodo/Glimt yakoze amateka itsinda Manchester City ibitego 3-1 mu mukino wabereye mu bukonje bukabije bwo mu majyaruguru y’isi. Iyi ntsinzi yabaye iya mbere ikomeye kuri Bodo/Glimt mu mateka yayo muri Champions League, ibafasha kugera mu mikino ya kamarampaka.
Mu gusoza, i Lisbonne habaye ibihe by’amateka ubwo umunyezamu Anatoliy Trubin yatsindaga igitego ku munota wa 98, atsinda umutwe wafashije Benfica kugera mu mikino ya kamarampaka, aba umunyezamu wa gatanu mu mateka ya Champions League utsinze igitego.
Icyiciro cya league stage cya Champions League 2025–26 cyasize amateka menshi, ariko kandi bikaba byitezwe ko iri rushanwa rigiye gukomeza gutanga imikino ikomeye mu byiciro bikurikiraho.


Umwanditsi: NIYOMUKIZA Gratien
