Amakuru ava i Manchester aravuga ko ikipe ya Manchester United yatangiye gushaka rutahizamu mushya uzasimbura Cristiano Ronaldo ushobora gusohoka muri iyi kipe muri Mutarama 2023.
Mu ntangiro z'umwaka w'imikino 2022-2023 nibwo Cristiano Ronaldo yagaragaje ko yifuza kuva muri Manchester United yari yananiwe kubona itike ya UEFA Champions League, ndetse bikurikirwa no gutakaza umwanya ubanzamo mu ikipe ya Erik Ten Hag.
Ronaldo ntabwo ari kubona umwanya uhagije muri Manchester United
Inkuru dukesha umunyamakuru wa Sky Sports, Florian Plettenberg, ivuga ko uyu rutahizamu baraza kumureka akava muri iyi kipe muri Mutarama nyuma y'Igikombe cy'isi, bakaba banatangiye gushaka umusimbura we.
Plettenberg avuga ko gusubira mu ikipe ya Sporting Lisbon ari bimwe mu byo Cristiano Ronaldo azatekerezaho, ndetse Manchester United nayo ikaba ifite Eric Maximin Choupo-Moting ku rutonde rwa ba rutahizamu mu bashobora kuvamo abasimbura ba Ronaldo.
Manchester United kandi ikomeje kuvugwa ku bandi ba rutahizamu barimo Dusan Vlahovic ukinira Juventus na Benjamin Sesko ukinira RB Salzburg.
Choupo-Moting ari gusoza amasezerano muri Bayern Munich
