Umuraperi Meek Mill yahagurutse avuganira inshuti ye akaba n’umuraperi Diddy kuri ubu ukurikiranyweho ibyaha byinshi byo gusambanya ku gahato no gucuruza abantu.
Abinyujije ku rubuga rwa X, Meek Mill yavuze ko ibintu byose birimo kuba kubera ko ari abirabura kandi yifuriza Diddy neza aho ari ndetse yizera ko atakoze ibyo arimo kuregwa byose.
Yikomye kandi kandi imbuga zimwe na zimwe zagiye zikwirakwiza amakuru mabi kuri Diddy avuga ko zabikoze kubera ko ba nyirazo atari abirabura, bityo bakaba babikora kugira ngo bahindanye izina y’abirabura.
Usibye ibyo kandi Meek yarahiriye guhangana numuntu wese bizagaragara ko ari we uri inyuma y’ibirimo kuba.
