Nyuma y’uko Ballon d’Or ishyize hanze abakinnyi beza bazavamo utwara iki gikombe,hatagajwe abahatanira icy'umukinnyi muto.
Ikinyamakuru France football gitegura Ballon d’Or cyatangaje abakinnyi bato beza ku isi bahataniye igihembo cy’umukinnyi mwiza muto (Trophée Kopa2021).
Abakinnyi batoranyijwe barangajwe imber na;
Mason Greenwood wa Manchester United.
Bukayo Saka wa Arsenal.
Pedri wa Fc Barcelona.
Jérémy Doku wa Rennes.
Ryan Gravenbech wa Ajax Amsterdam.
Jamal Musiala wa Bayern Munich fc.
Jude Bellingham wa Borussia Dortmund .
Giovanni Reyna wa Borussia Dortmund.
Florian Wirtz wa bayer Leverkusen.
Nuno Mendes wa PSG.
Aba basore bose barahabwa amahirwe yo gutwara iki gihembo cya Trophee kopa hari abahabwa amahirwe kurusha abandi.
Kuki bahabwa amahirwe ni bande??
Mason Greenwood ni umwe mu bahabwa amahirwe kurusha abandi. Uyu rutahizamu ukiri muto w’abongereza arahabwa amahirwe menshi kuko ni umukinnyi ukina muri shampiyona nziza kurusha izindi ya Premier League.
Ikindi Mason Greenwood ni umwe mu banyempano idasanzwe wabigaragaje kuva yazamuka mu ikipe ya Manchester United agakomeza ko ari umukinnyi uri mu beza bakiri bato ku isi. Ibyo byose byiyongeraho kuba ari mu ikipe nka Manchester United aho yerekanira ubuhanga bwe budasanzwe.
Bukayo Saka nawe ni umwe mu bakinnyi bakiri bato kandi bahabwa amahirwe menshi yo gutwara iki gihembo. kubera ubushobozi bwe bwagaragaye kuva yagera muri Arsenal nkuru avuye mu bakinnyi bato bayo.
Bukayo Saka kandi ni umwe mu nkingi za mwamba za Arsenal kugeza ubu. Bukayo Saka kandi ni umwe mu bakinnyi bahamagarwa mu ikipe y’igihugu y’ubwongereza. Umusaruro we uragaragara bityo bituma ashobora kuba ariwe ushobora kwegukana TrophéeKopa gihabwa Umukinnyi mwiza ukiri muto.
Undi mukinnyi uhabwa amahirwe menshi yo kwegukana trophéekopa 2021
Ni Pedri kuko ni umwe mubakinnyi bahetse ikipe ye ya Fc Barcelona ndetse ni numwe mubakinnyi bato babasha kubona umwanya wo kubanza mukibuga muri Espane kandi nyamara imyaka ye ikiri mike.
Pedri kandi ni umwe mu bakinnyi 30 batoranyijwe kuzavanwa mo umwiza muri Ballon d’or ibi bikaba bimuha amahirwe menshi yo kwegukana iki gikombe kurusha abandi bahanganye. N’ubwo aba bakinnyi 3 bari mubafite amahirwe menshi ntibikuraho ko hari abandi bakinnyi bahabwa amahirwe barimo nka Jude Bellingham ukinira abongereza na Borussia Dortmund na Jamal Musiala wa Bayern Munich ndetse n’abandi bagize umwaka mwiza wa2020.
