Uyu munsi, u Rwanda n'Isi yose turibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Hatangiye kandi icyumweru cy'icyunamo ku rwego rw'Igihugu ku va none ku wa 7-13 Mata 2023.
Insanganyamatsiko y'uyu mwaka ni " Ukwibuka twiyubaka."
Dore ibikorwa bibujijwe muri iki cyumweru cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda 1994:
1. Ibirori by’ibyishimo bihuza imbaga y’abantu;
2.Ubukwe n’imihango ijyanye nabwo ;
3.Amarushanwa uretse siporo zikorwa n’abantu ku giti cyabo;
4. Umuziki utajyanye no Kwibuka haba mu tubari, aho bafatira amafunguro, aho batunganyiriza imisatsi (salon de coiffure), aho batunganyiriza umuziki (studio) n’ahandi hantu hahurira abantu benshi nk’aho abantu bategera imodoka, n’ahandi;
5. Imikino y’amahirwe ;
6. Kwerekana imipira ;
7.Ibitaramo mu tubyiniro, utubari, iby’urwenya, iby’indirimbo, iby’imbyino, sinema, n’ikinamico ritajyanye no Kwibuka.
Amabwiriza akurikizwa mu gikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi https://t.co/fYRI3Gtf6L
— Ministry of National Unity and Civic Engagement (@Unity_MemoryRw) April 3, 2023
