Jay-Z avuga ko we n'umuryango we bagiye baterwa ubwoba n’abantu bo ku mbuga nkoranyambaga babashinja ko ari abanyabinyoma kandi ari abagome, mu gihe abandi bifuzaga ko uyu muraperi yajyanwa muri gereza nka Diddy hanyuma akicwa burundu.
Jay-Z n'umuryango we batewe ubwoba ko bazicwa
Icyakora, uru rubanza rwateje impaka nyinshi ku mbuga nkoranyambaga, rwaje gusibwa nyuma yuko uwatanze ikirego, ku bushake bwe yasabye urukiko ko rwakuraho icyo kirego.
Jay-Z yari yareganwe na P. Diddy bashinjwa gufata ku ngufu umugore muri za 2000
Tubibutse ko Jay na Diddy barezwe n’umugore uzwi ku izina rya 'Jane Doe' ku ya 9 Ukuboza 2024, avuga ko aba banyabigwi muri rap bamusambanyije ku gahato mu 2000 nyuma y’ibihembo bya Video Music Awards.
