Jay-Z n'umuryango we batewe ubwoba ko bazicwa

Jay-Z n'umuryango we batewe ubwoba ko bazicwa

 Feb 19, 2025 - 14:05

Nk’uko ikinyamakuru New York Post kibivuga, umuraperi Jay Z n'umuryango we mu minsi yashize bagiye baterwa ubwoba bwo kwicwa, kubera ikirego cyo gufata ku ngufu umukobwa w’imyaka 13 bivugwa ko yakoranye na Diddy mu 2000.

Jay-Z avuga ko we n'umuryango we bagiye baterwa ubwoba n’abantu bo ku mbuga nkoranyambaga babashinja ko ari abanyabinyoma kandi ari abagome, mu gihe abandi bifuzaga ko uyu muraperi yajyanwa muri gereza nka Diddy hanyuma akicwa burundu.

Jay-Z n'umuryango we batewe ubwoba ko bazicwa 

Icyakora, uru rubanza rwateje impaka nyinshi ku mbuga nkoranyambaga, rwaje gusibwa nyuma yuko uwatanze ikirego, ku bushake bwe yasabye urukiko ko rwakuraho icyo kirego.

Jay-Z yari yareganwe na P. Diddy bashinjwa gufata ku ngufu umugore muri za 2000

Tubibutse ko Jay na Diddy barezwe n’umugore uzwi ku izina rya 'Jane Doe' ku ya 9 Ukuboza 2024, avuga ko aba banyabigwi muri rap bamusambanyije ku gahato mu 2000 nyuma y’ibihembo bya Video Music Awards.