Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 26 Ugushyingo 2024, Guverinoma ya Israel yateranye kugira ngo yemeza agahenge ko guhagarika intambara na Hezbollah nk'uko biri mu mushinga Amerika yababaye.
Ni agahenge biteganyijwe ko nikemezwa kazamara iminsi 60, aho Israel igomba gukura ingabo zayo mu Majyepfo ya Libani.
Ni mu gihe Hezbollah nayo ivana ingana ingabo zayo ku mupaka na Israel mu Majyepfo bakajya mu bilometero 30.
Ku ruhande rwa Libani, bemeye ibikubiye muri aya masezerano ahagarariwe na Amerika, aho Libani itangaza ko bitarenze amasaha 24 biba byatangiye gushyirwa mu bikorwa mu gihe Israel yaba ibyemeye.
Mu gihe Guverinoma ya Israel iri gusuzama niba yahagarika intambara, ingabo zabo zikomeje gusuka ibisasu mu murwa mukuru wa Libani Beirut.
Magingo aya Abanya-Libani ibihumbi 3,768 bamaze kwicwa mu gihe abandi ibihumbi 15,699 bamaze gukomeraka.
Nubwo izi mpande zombi zigiye kumvikana, ariko aya masezerano ntareba umutwe wa Hamas wo muri Palestine bahanganye guhera mu Ukwakira 2023.
Muri Gaza kugera magingo aya abantu ibihumbi 44,249 bamaze kwicwa, mu gihe abandi ibihumbi 104,746 bamaze kwicwa, ari nako Abayahudi 1,139 aribo bishwe.


Guverinoma ya Israel iri mu nama yo kwemeza agahenge na Hezbollah
