Imiryango irimo EAC na SADC iteraniye i Luanda yiga ku kibazo cya DRC

Imiryango irimo EAC na SADC iteraniye i Luanda yiga ku kibazo cya DRC

 Jun 27, 2023 - 10:51

Muri Angola hari kubera inama ku kibazo cy’umutekano mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, ihuza imiryango irimo: EAC, ECCAS, CIRGL na SADC.

Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 27 Kamena 2023, i Luanda muri Angola, Ibihugu umunani birimo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Gabon, Afurika y’Epfo, Kenya, n’u Burundi biritabiye inama yiga ku kibazo cy'umutekano mu Burasirazuba bwa DR-Congo.

Iyi nama iri kuba kandi mu gihe kuri uyu wa mbere Abaminisitiri b’Ibihugu bigize iyi miryango y’uturere bari mu biganiro mu rwego rwo guhuza no kwemeza inyandiko y’itangazo rya nyuma rizemeza iyi nama.

Bikaba bitangazwa ko iyi nama yaba ba Minisitiri yamaze amasaha agera kuri ane yose aho kumvikana ku gishushanyo mbonera kigomba gukurikizwa kugira ngo amahoro agaruke mu Burasirazuba bwa RD-Congo byari byabaye ingumi. 

Hagati aho, intumwa za DR-Congo i Luanda zigizwe na Minisitiri w’intebe wungirije akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Christophe Lutundula, Minisitiri w’intebe wungirije w’ingabo, Jean-Pierre Bemba na Minisitiri w’ubufatanye bw’akarere, Mbusa Nyamwisi.