Kane, ukomoka mu Bwongereza, yavuze ko yishimiye cyane uko ubuzima bwe n’umupira we byifashe muri Bayern Munich, kandi yiteguye kongera amasezerano kugira ngo akomeze kuba rutahizamu w'iyo kipe.
Uyu mukinnyi yageze muri Bayern Munich mu mpeshyi ya 2023 avuye muri Tottenham Hotspur, aho yari amaze imyaka igera ku icumi akina.
Iyi nkuru ishyize igitutu ku ikipe ya Tottenham Hotspur, bijyanye no kuba umutoza wayo Thomas Frank bivugwa ko yari afite icyifuzo cyo kugarura Kane kugira ngo akomeze kubaka ikipe ikomeye mu Bwongereza.
Nubwo bimeze bityo, amagambo ya Kane agaragaza neza ko yishimiye ubuzima bwe mu Budage kandi ko afite intego yo gufasha Bayern Munich kwegukana ibikombe byinshi mu gihe kiri imbere.
Harry Kane ntakozwa ibyo kugaruka mu Bwongereza yakoreye amateka

