Hagiye gusohoka ikegeranyo gishya ku buzima bwa Kanye West

Hagiye gusohoka ikegeranyo gishya ku buzima bwa Kanye West

 Aug 14, 2025 - 12:55

Hagiye gusohoka no kumurikwa ikegeranyo gishya ku buzima bwa Kanye West kizaba kibanda ku buryo yahinduye iri zina akitwa Ye byemewe n'amategeko.

Ni ikegeranyo kizashyirwa ku mugaragaro ku itariki 15 z'ukwezi gutaha kwa Nzeri 2025. Kizaba kitwa "In whose name". Kizaba kandi kibazwe mu burebure bw'iminsi 15. Buri munsi muri iyo 15 uzajya uba igizwe n'isaha 1 gusa. Byatangajwe kandi ko kuri iyo minsi 15 haziyongeraho andi masaha arenga ibihumbi bitatu yafatiwemo amashusho mu bihe bitandukanye.

Muri 2018 ubwo yari amaze gusohora umuzingo w'indirimbo yitiriye iri zina, yakomeje kugaragaza ko ari ryo zina akunze ubwo yandikaga ku rukuta rwe rwa X, yahoze ari Twitter, ngo "N'ubwo nzwi, mu buryo bwemewe n'amategeko, nka Kanye West, ndi Ye".

Ye yatangiye kwiyita iri zina muri 2018 ariko abyemererwa mu mategeko muri 2021.

West yasabye gihindurirwa iri zina mu buryo bwemewe n'amategeko mu kwezi kwa Munani/Kanama kwa 2021 avuga ko ari ku mpamvu ze bwite ariko nyuma atangaza ko rifite igisobanuro gikomeye cyane mu ijambo ry'Imana cyane cyane muri Bibiliya.

Umucamanza wo muri Los Angeles yemereye uyu muraperi guhindura izina muri uwo mwaka nk'uko byemejwe n'umusenateri mukuru ushinzwe imenyeshamakuru i Los Angeles, muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.