Muri Nyakanga 2024, nibwo ibigo bitatu bitandukanye byo muri Nigeria byaciye ibihano iyi sosiyete ya Meta miliyoni 290 z'amadorari ku bwo kwica amabwiriza.
Ibyo bigo harimo Komisiyo ishinzwe amarushanwa no kurengera umuguzi, Federal Competition and Consumer Protection Commission (FCCPC), yabaciye ibihano bingana na miliyoni 220 z'amadorari babashinja kugaragaza imyitwarire idahwitse igenga amarushanwa.
Urwego rw'Igihugu rushinzwe iyamamazabikorwa, Advertising Regulatory Council of Nigeria (ARCON), nabo babaciye miliyoni 37.5 z'amadorari babashinja kwamamaza ibikorwa bitemewe.
Hari kandi Komisiyo ishinzwe kurinda amakuru, Nigerian Data Protection Commission (NDPC), babaciye miliyoni 32.8 z'amadorari babashinja kurenga ku mategeko agenga ubuzima bwite bwa muntu.
Icyo gihe urukiko rukuru rwa Nigeria rwategetse ko iyi kompanyi igomba kwishyura aya mafaranga yose bitarenze muri Kamena 2025.
Kugeza ubu hasigaye iminsi mike ngo igihe bahawe kirangire, gusa iyi sosiyete ntiremeza ko aya mafaranga izayishyura cyangwa se bazafata icyemezo cyo guhagarika izi mbuga. Icyakora amakuru avuga ko bateganya kujurira iki cyemezo.
Umuyobozi mukuru wa Federal Competition and Consumer Protection Commission (FCCPC), Adamu Abdullahi, aya makuru yamenyekanye bivuye mu bugenzuzi bwakozwe kuva muri Gicurasi 2023, kugeza mu Ukuboza 2023.
Facebook ni rumwe mu mbuga zikoreshwa cyane muri Nigeria, aho rukoreshwa n'abasaga miliyoni 10 mu bikorwa by'itumanaho no kwamamaza ndetse hakaba hari benshi batunzwe narwo, aribo bahangayikishijwe nihagarikwa ryazo.
