Eddie Howe Newcastle yaciye amarenga y'isohoka rya Alexander Isak

Eddie Howe Newcastle yaciye amarenga y'isohoka rya Alexander Isak

 Jul 27, 2025 - 19:41

Umutoza wa Newcastle United, Eddie Howe, yatangaje ko Alexander Isak nta mahirwe ahari yo kuba yakina imikino yo kwitegura umwaka utaha w'imikino mu rugendo iyi kipe irimo muri Aziya.

Ibi abitangaje nyuma y'uko Alexander Isak ari kwifuzwa n'ikipe ya Liverpool nawe akaba yaragaragaje ubushake bwo gusohoka muri iyi kipe.

Mu ntangiriro, Newcastle yavugaga ko Isak atagurishwa biri no mu byatumye Liverpool yiyemeza kwigurira Hugo Ekitike, ariko nyuma byaje kumenyekana ko uyu rutahizamu w’Umunya-suwede yabwiye ikipe ko ashaka gusohoka kandi muri iyi mpeshyi.

Nyuma yo gutsindwa na Arsenal muri Singapore ibitego 3-2, umutoza Eddie Howe yabajijwe niba Isak ashobora kujyana na bo muri Koreya mu rwego rwo gukomeza kwitegura umwaka mushya w'imikino, asubiza agira ati "oya."

Howe kandi yabajijwe niba bakeneye abakinnyi bashya mu busatirizi, asubiza agira ati "Nibyo rwose.Twari dusanzwe tuzi ko dukeneye abakinnyi bashya.Twabimenye kare."

Newcastle United ikomeje gukurikirana Yoane Wissa gusa Brentford F.C iri kugorana nubwo umukinnyi we nta gahunda afite yo kuzaguma muri iyi kipe.

Alexander Isak yamaze kubwira Newcastle United ko yifuza gusohoka

Ikipe ya Liverpool yamaze kugura undi rutahizamu yakuye mu ikipe ya Eintracht Frankfurt