Kuri uyu wa 29 Gicurasi 2023, nibwo muri Nigeria Perezida Bola Tinubu ari bukorere mu ngata Perezida Muhammadu Buhari mu muhango utegerejwe none.
Perezida Muhammadu Buhari ucyuye igihe, mbere yo kuva mu ngoro y'umukuru w'igihugu yatanze imidari ya National Honour Awards ihabwa Abanya-Nigeria bakoze ibikorwa by'indashyikirwa.
Ku bw'ibyo, iyi midari ikaba ihabwa abantu ku giti cyabo, mu gisata cy'imyidagaduro umunyamuziki David Adeleke uzwi nka Davido nawe ari mu bahawe uyu mudari.
Iruhande rwa Davido kandi Kunle Afolayan usanzwe utunganya filime muri iki gihugu cya Nigeria nawe yahawe iki gihembo.

Burna Boy, Teni, na 2Baba mu bahawe National Honour Awards mu 2022
Afolayan akaba ayoboye abandi mu bahawe ibihembo mu ruganda rutanganya Sinema rwa Nollywood muri kiriya gihugu cya Nigeria.
Tugarutse kuri Davido wahawe National Honour Awards akaba aje asanga abandi banyamuziki mu njyana ya Afrobeats barimo: Teni, Burna Boy bahawe uyu mudari mu 2022, ndetse na Fuji legend Wasiu Ayinde.
Nk'uko twabigarutseho, uyu munsi Perezida Bola Tinubu akaba aribwo ararahirira kuyobora Nigeria asimbuye Muhammadu Buhari, umuhango wanitabiriwe na Perezida wa Repubulika y'u Rwanda Paul Kagame.


Perezida w'u Rwanda Paul Kagame ari mu muhango w'irahira rya Perezida wa Nigeria Bola Tinubu
