David De Gea akomeje kuba icyago i Manchester

David De Gea akomeje kuba icyago i Manchester

 Sep 22, 2023 - 14:01

Mu gihe ikipe ya Manchester United ikomeje kugira intangiriro mbi z'umwaka w'imikino, biravugwa ko abakinnyi bayo bababajwe n'uburyo David De Gea wari umuzamu wayo yafashwe.

David De Gea yari umwe mu bakinnyi bakunzwe muri Manchester United mbere y'uko atandukana n'iyi kipe mu mpeshyi ishize, nyuma y'imyaka 12 yari amaze muri iyi kipe.

Igenda rye ntabwo ryashimishije abafana benshi na bamwe mu bakinnyi ba Manchester United, dore ko yari yemeye kongera amasezerano ndetse akagabanya umushahara we akava ku bihumbi 375 by'amapawundi yahembwaga ku cyumweru.

Ibi bikomeza kuba bibi kuko n'umusimbura we Andre Onana waguzwe miliyoni 47 z'amapawundi akomeje gukora amakosa menshi avamo ibitego iyi kipe iri gutsindwa, harimo nk'igitego aherutse gutsindwa ku mukino Bayern Munich iherutse kubatsinda ibitego 4-3.

Inkuru dukesha ikinyamakuru The Sun cyandikira mu Bwongereza, ivuga ko kugeza n'ubu bamwe mu bakinnyi ba Manchester United batarakira neza ndetse bakibabazwa n'uburyo David De Gea yasohotse muri iyi kipe nk'umukinnyi usanzwe kandi yarayikoreye byinshi.

David De Gea ntabwo arabona ikipe

Ubwo byatangazwaga ko De Gea yatandukanye na Manchester United, Bruno Fernandes usigaye ari kapiteni w'iyi kipe yagiye ku rukuta rwe rwa twitter(X) amugenera ubutumwa.

Ati:"Uzi icyo nkutekerezaho ndetse n'ukuntu nzagukumbura muvandimwe. Wari ukwiye gusezera abafana bagukomera amashyi muri stade ku bw'ibihe byiza wagize aha.

"Wakoze amateka mu ikipe kandi izina ryawe ntirizibagirana, kandi nta muntu wabikwambura. Nkwifurije ibyiza ku biri imbere kuri wowe n'umuryango wawe."

Manchester United yatangiye nabi umwaka w'imikino 2023/2024 itabona umusaruro mwiza ndetse itsindwa ibitego byinshi, dore ko mu mikino itandatu imaze gukina yatsinzemo ibiri itsindwa ine, ndetse yinjizwa ibitego 14 muri iyo mikino.

Ibi nibyo bituma bamwe mu bafana n'abakinnyi ba Manchester United basubiza amaso inyuma bakibuka uko David De Gea yavuye mu ikipe asuzuguwe atanahawe umwanya wo gusezera, nyamara yari amaze kwitwara neza muri Premier League 2022/2023 kuko yari umuzamu wagize imikino myinshi atinjizwa igitego(17 clean sheets).

Onana yagize intangiriro zitari nziza muri Manchester United