Amakuru afatwa nk’ayobya abantu (misinformation) ku nkingo ari kwamaganirwa kure ndetse zimwe mu mbuga anyuzwaho zigakurwaho (blocked/removed). Imbuga nkoranyambaga zafashe umugambi wo guhangana n’abanenga inkingo izo ari zo zose. Ubuyobozi bwa YouTube bwavuze ko bugomba kubahiriza amabwiriza atangwa na WHO/OMS ku byerekeye inkingo. Hari abafite imbuga bakaba bazinyuzaho ubutumwa buvuga ko inkingo zemewe zidakora bakaba bagiye guhigwa bukware ndetse izo mbuga zabo zigahanagurwa burundu. Shene zirimo iza Robert F Kennedy Jr na Joseph Mercola zinyuzwaho ibihakana ikingo zigiye gufungwa kuri YouTube. Umuvugizi wa YouTube yabibwiye itangazamakuru ku wa gatatu tariki 29 Nzeri uyu mwaka.
Hari amakuru yatambutse kuri website ya Mercola yagize ati:”Twunze ubumwe, ntituzabaho mu bwoba, tuzahagarara twemye turwanye inkingo”.
Kennedy uri mu muryango w’abategetsi bafite ijambo muri Amerika kuko avuka ku wahoze ari perezida wa Amerika yanditse ati:”Nta gihe na kimwe cyabayeho mu mateka aho abantu baterwa ubwoba, bimwe bikagirwa ibanga nyamara ubwisanzure n’ubuzima bigateshwa agaciro”.
Magingo aya YouTube imaze gusiba amashusho 130,000 guhera umwaka ushize hakwaduka ibijyanye n’inkingo za Coronavirus.
Hari shene zasibwe ziri mu kidage (Germany) zitambutsa amakuru ahakana inkingo. YouTube yabanje kuburira RT noneho ibonako iyo shene ntacyo biyibwiye ikomeza guhakana inkingo. Na Facebook yatangiye guhiga hasi hejuru inkuta (pages/account) zinyuzwaho amakuru ahakana umugambi w’inkingo ikabisiba cyangwa se ikazufunga burundu.
