Bikunze guhurirana! Urupfu rwa Papa rujyana no gutwara UEFA Champions League ku ikipe yo mu Bwongereza 

Bikunze guhurirana! Urupfu rwa Papa rujyana no gutwara UEFA Champions League ku ikipe yo mu Bwongereza 

 Apr 22, 2025 - 16:15

Ni bintu bitanjya byitabwaho n'abantu benshi, gusa usubije amaso inyuma, usanga buri uko umushumba wa Kiliziya Gatolika ku isi yitabye Imana, byibura ikipe imwe yo mu Bwongereza yegukana irushanwa rya UEFA Champions League muri uwo mwaka.

Ni ibintu bimaze kuba ubugira gatatu, ndetse bishobora no kuba ku nshuro ya kane, uyu mwaka hakaba hashobora kuba hatahiwe ikipe ya Arsenal.

Byatangiye mu mwaka wa 1978, ubwo Papa Paul VI yitabaga Imana tariki 6 Kanama, ari na wo mwaka ikipe ya Liverpool  yegukanyemo igikombe cya European Cup, ari yo UEFA Champions League y'ubu.

Papa Paul VI yitaba Imana, Liverpool yegukanye igikombe 

Bidatinze, umusimbura wa Papa Paul VI ari we Papa John Paul I na we yahise yitaba Imana muri Nzeri uwo mwaka, maze tariki 30 Gicurasi mu 1979 Nottingham Forest yo mu Bwongereza yegukana European Cup itsinze Malmö FF igitego 1-0.

Papa John Paul I yitabye Imana, Nottingham Forest ihita yegukana igikombe 

Benshi baje kubiha agaciro muri 2005, ubwo ikipe ya Liverpool yatwaraga UEFA Champions League itsinze AC Milan kuri penalties nyuma yo kwishyura ibitego 3-0 bari batsinzwe umukino ugitangira. Icyo gihe Papa John Paul II yari yitabye Imana tariki 2 Mata, maze Liverpool yegukana igikombe tariki 25 Gicurasi.

Muri uyu mwaka abazi aya amateka by'umwihariko abafana ba Arsanal, baribaza niba aya mateka azisubiramo nyuma y'urupfu rwa Papa Francis rusize bageze muri 1/2 muri UEFA Champions League, aho bagomba guhura n'ikipe ya PSG.

Papa John Paul II yitabye Imana, Liverpool ihita yegukana igikombe isa nikoze ibitangaza

Ikipe ya Liverpool yegukanye igikombe cya European Cup nyuma y'urupfu rwa Papa Paul VI 

Ikipe ya Nottingham Forest yegukanye igikombe cya European Cup nyuma y'urupfu rwa Papa John Paul I

Ikipe ya Liverpool yegukanye igikombe muri 2005, nyuma y'urupfu rwa Papa John Paul II