Batatu bapfuye, umunani barakomereka mu gitero cy'i New York

Batatu bapfuye, umunani barakomereka mu gitero cy'i New York

 Aug 17, 2025 - 18:50

Abantu batatu baraye bapfuye, abagabo batanu n'abagore batatu bakomerekera mu gitero abagizi ba nabi bateye barasa muri resitora y'i Brooklyn mu mugi wa New York muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Abantu batatu baraye bapfuye ngo ni ab'imyaka 27, 35 mu gihe undi 1 imyaka ye itahise imenyekana gusa bose baguye aho barasiwe. Abandi umunani bakomeretse ni abagabo batanu n'abagore batatu bahise bajyanwa kwa muganga kugira ngo ubuzima bwabo bwitabweho. Umukuru cyane mu bakomeretse yari afite imyaka 61 y'amavuko.

Habonetse ibibazo bigeze kuri 36 bishobora kuba byarateye iki gitero cyari kitwaje intwaro bikekwa ko cyatewe n'amakimbirane yari ari hagati y'abantu bari bari muri iyo resitora n'agatsiko k'abagizi ba nabi bataramenyekana bakoze ayo mahano.

Ababishinzwe batabaye iyi resitora yabereyemo ibi yitwa "Taste of the City Lounge" iherereye ku muhanda wa 903 mu gace ka Franklin mu nyubako ya Crown Heights ahagana saa Kenda n'igice zo mu rukerera nk'uko Umuyobozi wa Polisi ya New York, Jessica Tisch, yabivuze ku butumwa bugufi yageneye abanyamakuru.

Polisi y'i New York yageneye ubutumwa itangazamakuru.

Abatabazi ngo babonye imbunda hafi yaho ahitwa i Bedford ariko baracyakora iperereza ngo barebe nimba iyi ntwaro yarifashishijwe muri iki gitero cyo mu rukerera rwo kuri iki cyumweru.

Iyi resitora ya Taste of the City Lounge, icuruza ibiryo by'Abanyamerika n'Abanya-Jamaica ndetse ikabamo n'akabari icyarimwe, si ubwa mbere irashwemo kuko mu Ugushyingo kwa 2024 byarabaye hakomereka abantu mu buryo budakanganye. Ubuhamya butangwa n'abahaturiye bugaragaza ko ngo hahora imiserero ya hato na hato y'abana b'imihanda baba bikozemo udutsiko.