Nyuma y'umukino amakipe yombi yahuriyemo ku wa kabiri kuri Stade ya Kigali i Nyamirmbo mu gikombe cy'amahoro, AS Kigali yari yongeye kwakira Gasogi United kuri icyo kibuga mu mukino w'umunsi wa 25 wa shampiyona.
Ubwo baheruka guhura ikipe ya Gasogi United yagiye ikubita agatoki ku kandi ndetse perezida wayo KNC arerura avuga ko umusifuzi ariwe wahaye AS Kigali intsinzi, ko ndetse AS Kigali yari yatinye Gasogi United dore ko yabatsinze ari abakinnyi 10 bakanangirwa igitego.
Kuri uyu munsi abasore ba Gasogi United baje bariye karungu ndetse ntibanatumye umunota wa mbere w'umukino wuzura batarabona igitego, kuko umunota wa mbere wuzuye rutahizamu Hassan Djibrine yamaze gutsinda igitego cya mbere cya Gasogi United.
AS Kigali yari yakoze impinduka zisaga enye mu ikipe yari yabanjemo ubushize yagerageje kwishyura icyo gitego bibanza kugorana, ariko ku munota wa 27 Ndekwe Felix wanyuze muri Gasogi United, yaje gutsindira AS Kigali igitego ku mupira yari ahawe na Aboubakar Lawal biba 1-1.
Amakipe yombi yarinze ajya kuruhuka anganya igitego kimwe kuri kimwe nyuma y'iminota isaga 15 yaranzwe n'amakosa menshi ya myugariro wa Gasogi United Mbogo Ali, ndetse na rutahizamu wa AS Kigali Michael Sarpong wahushije ibitego nka bitatu.
Bavuye kuruhuka, Ndekwe Felix yongeye gutsindira AS Kigali igitego ku munota wa 58. Ni ishoti rikomeye cyane yatereye hanze y'urubuga rw'amahina ku mupira n'ubundi yari ahawe na Aboubakar Lawal.
AS Kigali yongeye gutsinda Gasogi United(Image:Rwanda Magazine)
N'ubwo AS Kigali yakomeje kugaragaza inyota y'ibitego, ntabwo yabashije gutsinda ikindi gitego muri uyu mukino. Ndetse Gasogi United nayo ntiyabashije kubona igitego cyo kwishyura.
Aya makipe yombi arongera guhurira mu kibuga ku wa kabiri mu gikombe cy'amahoro, aho bazaba bakina umukino wo kwishyura wa kimwe cya kane nyuma y'uko AS Kigali yatsinze umukino ubanza igitego kimww ku busa.
Undi mukino wabaye kuri uyu munsi wabereye i Bugesera aho Bugesera FC yatsinze Espoir igitego kimwe ku busa, cyatsinzwe na Sadick Sulley ku munota wa 60.
